Sir Alex Ferguson ubwo yatozaga Manchester United hari abakinnyi bakomeye yagiye yirengagiza kugura, ariko nyuma baza kuba ibirangirire ahandi.
Manchester
United yagize abakinnyi bakomeye barimo Rooney, David Beckham, Cristiano Ronaldo
bose bazwi mu mwenda wa Manchester United, ariko hariho n'abandi batazwi
bakabaye barawambaye.
Sergio
Aguero
Ubwo
Aguero yari i Madrid, Manchester United niyo yafashe iya mbere mu gushaka uyu
mukinnyi ndetse Ferguson atangira n'ibiganiro ariko nyuma abigendamo gacye
byanatumye Manchester City ariyo itsindira uyu mukinnyi.
Eden
Hazard
Ubwo
yakinaga muri Lille, Hazard yari umwe mu bakinnyi bari ku isoko kandi bagaragaza
ahazaza ari nabyo byatumye Ferguson atangira
kumutekerezaho. Manchester City nayo ntiyatanzwe kuko muri iyi myaka
yashakaga kugura buri mukinnyi wese ucaracara. Ubwo Chelsea yinjiraga muri uru
rugamba, yazamuye igiciro cy'uyu mukinnyi byanatumye Ferguson abivamo.
Raphael
Varane
Myugariro
wa Real Madrid yavuzweho kwerekeza muri Manchester United, buri soko uko
ryazaga, ariko mu 2011 byasaga nk'aho aricyo gihe. Mu gitabo yanditse Ferguson
yavuze ko hari ba myugariro benshi yaretse kugira ngo asinyishe Varane, David
Gill ubwo yajyaga mu biganiro bya nyuma na Zidane wari umuyobozi muri Lens icyo
gihe, yatangiye kumva ko uyu mukinnyi na Real Madrid yatangiye kuvugisha
byanatumye Manchester United ibivamo ku munota wa nyuma.
Gareth Bale
Ubwo
Bale yakinaga muri Southampton inzira ye ya mbere yagombaga kwerekeza muri
Manchester United. Mu minsi ya nyuma nk'uko George Burley yabitangaje ngo
yahuriye na Sir Alex muri hotel bagiye gufata umwanzuro w'uko Bale agomba
kwerekeza muri Manchester United akareka Tottenham, gusa nyuma Manchester
United itinda gutanga amafaranga byatumye Tottenham ifata iya mbere ndetse iza
kwegukana uyu mukinnyi.
Samir Nasri
Nasri yagize ibihe byiza mu Bwongereza aho yanyuze muri Arsenal, Man City ndetse na West Ham. Mu 2015 Samir Nasri yatangaje ko yahuye na Ferguson mu Bufaransa mu nguni ya hotel ndetse banavugana uko agomba kwerekeza muri Manchester United. Gusa ikibazo cyabaye Manchester United yasabye Samir Nasri ko yakivumbura kuri Arsenal noneho bakabona ku mugura, ariko Samir Nasri biramunanira.
Aaron
Ramsey
Sir
Alex Ferguson mu gitabo yanditse, yavuze ko Aaron Ramsey ariwe wari ugiye
kumusinyisha mbere ubwo yerekezaga muri Arsenal mu 2008 gusa bikaza kwanga kuko
Arsenal yabatanze kwishyura.
Arjen
Robben
Ronaldinho
Inkuru
ya Ronaldonho ivuga neza Paul Scholes
kuko yigeze gutangaza ko Ronaldinho yagombaga kuba umukinnyi wa
Manchester United ariko Laporte agatorwa Manchester United itarasinyisha uyu
mukinnyi byanatumye yigira muri Barcelona, Manchester United nayo iuira Ronaldo
nyuma yaho.
Alan
Shearer
Umwe
mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri Premier league, gusa uko bwije n'uko
bucyeye abantu bose bibaza niba Alan Shearer yasinyiye Manchester United.
Paul
Gascoigne
Mu
1988 ni bwo uyu mukinnyi yari akaze cyane, ari bwo Manchester United yamwifuza
cyane. Aganira n'ibitangazamakuru, Paul Gascoigne yatangaje ko yari kuba
umukinnyi wa Manchester United nta gihindutse. Yagize ati "Nagiye mu kiruhuko
maze kumvikana na Ferguson twemeranyijwe ko nzamusinyira ariko nyuma naje kujya
muri Tottenham kubera amafaranga bari bemeye kungura byanatumye Manchester
United nyitera umugongo.
TANGA IGITECYEREZO