Aline Gahongayire umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana, wakunzwe mu bihe bitandukanye ndetse na n'ubu akaba agifasha benshi kubera indirimbo ze ziba zifite ubutumwa cyane cyane iyo butambutse neza mu ijwi rye abantu batandukanye bakunze, yavuze ko amafaranga azava mu ndirimbo yakoranye na Niyo Bosco azamuguriramo imodoka.
Tonzi akunda kugaragara no mu bikorwa byo gufasha ndetse akaba ari nabwo buryo yahuyemo
na Niyo Bosco akamukunda mbere y'uko Niyo Bosco avuze ko zari inzozi ze kuzahura
na Aline Gahongayire, kuko ari we yakuze afatiraho
urugero.
Mu kiganiro Aline Gahongayire yahaye
InyaRwanda Tv, yavuze ko yishimiye cyane gukorana indirimbo na Niyo Bosco cyane
ko bahura yamweretse ko hari icyo ashoboye kandi ahora afite inyota y'icyo ashaka
kugeraho.
Niyo Bosco yavuze uburyo yahuye na Aline Gahongayire abifashijwemo n'umunyamakuru Murindahabi Irene ndetse byabaye ibyishimo bikomeye byatumye bahurira mu ndirimbo bise 'Izindi mbaraga' baherutse gushyira hanze.
KANDA HANO WUMVE 'IZINDI MBARAGA' YA ALINE GAHONGAYIRE FT NIYO BOSCO
'Izindi
mbaraga', indirimbo ya Aline Gahongayire afatanyije na Niyo Bosco amafaranga
azava muri iyi ndirimbo azafasha Niyo Bosco kubona imodoka ye bwite nawe
yumve ko hari icyo yakuye mu muziki nk'uko byatangajwe na Aline Gahongayire.
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ALINE GAHONGAYIRE
Umwanditsi: Umukundwa Josue - InyaRwanda.com
TANGA IGITECYEREZO