RFL
Kigali

Umugabo yafashwe n’umujima w’umuranduranzuzi afata Tingatinga asenya inzu y’akataraboneka yari yujurije umukunzi we wamuteye indobo

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:6/03/2021 14:11
0


Ni kenshi cyane abahungu n’abakobwa bakundana ariko harimo indyarya muri bo yishakira ubutunzi runaka bityo akitwaza urukundo rutamurimo ku bw’amaco y’inda nk'uko byagenze ku mukobwa wasenyewe inzu yari yarubakiwe n’umukunzi we yabeshye urukundo.



Impano mu bakundana zihoramo, bamwe bakubakirwa amazu, bagahabwa imodoka n'izindi mpano z'igiciro cyinshi, imyambaro n’ibindi. Umugabo wo muri Afrika y'Epfo w’umushoramari yari amaze iminsi mu munyenga w’urukundo n’umukobwa bombi batatangajwe amazina yabo batandukanye nabi.


Mu rugendo rw’urukundo, aba bombi bemeranije kuzabana akaramata mu minsi y’imbere. Umukobwa yabwiye umukunzi we ko afite ikibanza bityo ko bakubakamo inzu bazabamo bamaze kubana.

Umugabo yarabyumvise maze afata amafanga ye, ni akayabo kagera ku bihumbi 65,000 by’amadorari, ni ukuvuga asaga Miliyoni 64 z’amanyarwanda, ayubakisha inzu y’akataraboneka mu gace i KaMagugu.

Nyuma, umugabo yagiye yumva amakuru ko umukunzi we yaba yifitiye undi muntu bari mu rukundo, ibyatumye afata umwanya akajya kuganira n’umukunzi we ngo amubaze ukuri guhari.

Umukobwa yabwiye umusore ko yamukoreye byinshi kandi byiza bityo ko umubano wabo wahagarara umwe agaca ukwe. Umugabo akirita mu gutwi  yahise afata umujinya mwinshi atumizaho imashini ikora umuhanga (Tingatinga) n’abakozi berekeza aho inzu yubatse barayihirika. Umukobwa n’umugabo bose barahomba.

Ivomo: Afrikmag.com 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND