RFL
Kigali

Intego za Impakanizi, umuhanzi mushya mu ndirimbo za Gakondo-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/02/2021 17:17
1


Umuhanzi Iradukunda Yves wahisemo izina ry’umuziki rya Impakanizi yinjiye mu muziki, asohora amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise ‘Umunyabigwi’, avuga ko ashaka gukora umuziki wihariye akabijyanisha no guharanira kuba intore y’intajorwa.



Impakanizi ari mu babyinnyi bafashije umuhanzi Mani Martin mu gitaramo yaririmbyemo cya Kigali Jazz Junction. Yanafashije kandi umuhanzi Jules Sentore uherutse gusohora amashusho y’indirimbo ye yise ‘Mama’ iri mu zikunzwe muri iki gihe.

Iyi ndirimbo ye ya mbere yise ‘Umunyabigwi’ iri mu njyana ya gakondo. Ivuga ku ntore yagize ibigwi bikomeye yamenye bikamukora ku mutima, bimutera kuyihimba. Ishingiye byihariye ku bigwi umuntu agira bidashoboa gutuma yibagirana nubwo yaba atakiriho.

Impakanizi yabwiye INYARWANDA ko ibigwi bigira umuntu wese ugira uko agenda mu buzima bwe byaba byiza cyangwa bibi, biba ari ibigwi. Avuga ko afite gahunda yo gukora Album iriho indirimbo zizanyura abamuzi n’abatamuzi.

Impakanizi asanzwe ari umuhanzi ukora ibikorwa bitandukanye. Ni Intore, umukaraza, umuririmbyi n’umwanditsi w’indirimbo ziri mu njyana zitandukanye.

Yakuriye mu muryango uririmba unacuranga ariko we akura akunda guhamiriza. Uyu muhanzi avuga ko kuva akiri muto yakunze guhamiriza binatuma ashyize imbere kuba intore itari intoramayugi.

Ati “Niyo mpano nakuze nifuza gukurikira. Intego ikaba intero yo kuzaba intore nanjye kandi ikomeye. Kuririmba byo nabivukiyemo.”

Avuga ko yatangiye umuziki cyera, ahubwo yatinze kwinjira mu ruhando rw’umuziki ku bwo ‘kubitegura’. Ati “Ubu akaba aricyo gihe nahisemo gushyira amarangamutima yanjye mu ruhando rw’umuziki. Guhanga byanjemo nkiri muto cyane ku myaka ntibuka neza.”

Impakaniza avuga ko guhanga ari ‘ugusangiza amarangamutima yawe abakuzi n’abatakuzi bazakunda kumva ibigutuye’

Yafashishije kandi abahanzi mu bitaramo no mu birori bikomeye mu buryo butandukanye no mu mpano zitandukanye. Impakanizi avuga ko azi gucuranga gitari, ndetse ko yaririmbye muri korali y’abana yo mu rusengero rwa Panteconte.

Umuhanzi Impakanizi yasohoye amashusho y'indirimbo ye ya mbere yise "Umunyabigwi"
Impakanizi yavuze ko afite intego yo gukora umuziki no gukuza impano ye mu kubyina gitore
Mu busanzwe izina Impakanizi risobanura ibisigo by'abami ba cyera. Gusa, uyu muhanzi avuga ko kuri we rimenyesha ibikorwa bye bitandukanye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YITWA "UMUNYABIGWI" Y'UMUHANZI IMPAKANIZI










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NDORI Victor 3 years ago
    Impakanizi, uri intore y'umutwe kbsa. Ni wowe ntore yakwizihira n'utarufite gahunda yo gutarama, ni ishema kuri benshi wafashije m'ubutore kandi utanabaruta mu myaka. Imana ikomeze intambwe zawe, aheza imbere ni ahawe, u Rwanda n'abarukunda tukwitezeho byinshi





Inyarwanda BACKGROUND