RFL
Kigali

Umuraperi Lil Wayne nyuma yo guhabwa imbabazi yashimiye bikomeye Donald Trump n’umunyamategeko Bradford Cohen

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:22/01/2021 9:14
0


Lil Wayne, umwe mu bahanzi b’ibyamamare ku isi mu njyana ya Hiphop, akaba umwe mu bakunze gutungwa agatoki ko kwigomeka no kurenga ku mategeko ya Leta aba yarashyizweho, ibyatumye akurikiranwaho icyaha cyo gutunga imbunda binyuranije n’amategeko, kuri ubu yahawe imbabazi.



Ubwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika urangije Manda ye, Donald Trump, yagezaga ijambo rya nyuma ku bantu, yavuze ko yakoze byinshi bishoboka yari ashoboye, anongeraho igikorwa cyiza cyo gutanga imbabazi ku banyabyaha batandukanye bagera kuri 73, muri aba harimo uyu muraperi Lil Wayne wari warafatanwe imbunda.

Trump Pardons Lil Wayne on His Last Day in Office

Dwayne Michael Carter Jr, wamamaye nka Lil Wayne, yifashishije urukuta rwe rwa Twitter yashimiye Donald Trump n’umucamanza, Bradford Cohen, nka bamwe bagize uruhare rukomeye mu mbabazi yahawe, ibyamunejeje cyane.

Mu magambo ya Lil Wayne yagize ati: “Ndashaka gushimira Perezida Trump kuba yaramenye ko mfite byinshi byo guha umuryango wanjye, ibihangano byanjye, ndetse n'umuryango wanjye muri rusange. Ndashaka kandi gushimira Bradford Cohen, kubwo gukorana umwete kugira ngo mbone andi mahirwe kuri njye”.

Lil Wayne thanks Trump on Twitter for pardon before leaving office | Fox  News

Lil Wayne ari mu bahanzi bashyigikiye Donald Trump mu buryo bukomeye

Ntabwo ari Lil Wayne wenyine wahawe imbabazi na Trump ahubwo hari n’undi muraperi Kodak Black nawe wahawe imbabazi, na ‘Mayor’ wa Detroit, Kilpatrick nawe yagiriwe imbabazi kuko yari yakatiwe igifungo cy’imyaka 28 ahamijwe ibyaha bya ruswa mu 2013. Lil Wayne, icyaha cyo gutunga imbunda, yagihamijwe mu Ukwakira 2020, iki cyaha kiraremereye kuko cyari gutuma afungwa imyaka hafi 10.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND