RFL
Kigali

Yateye akabariro kugeza ashizemo umwuka: Bikomeje kuba urujijo ku musaza w’imyaka 80 basanze yapfuye nyuma yo kurarana n'inkumi

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:20/01/2021 14:19
2


Umusaza David Mluli w’imyaka 80 bamusanze yashizemo umwuka muri imwe mu mahoteli yo muri Tanzania hamwe n’inkumi y’imyaka 33 ubu ikaba icumbikiwe na polisi mu gihe iperereza rikomeje.




Iyi nkumi niyo yarimo yinezezanya n'umusaza witwa David 

Iyi ni inkuru isa n’iyagururiye ibitangazamakuru byo mu Karere nka Kenya, Uganda na Tanzania birimo tuko.co.ke aho uwo musaza yamaze gutera akabariro agahita ashiramo umwuka noneho polisi ikaza gutabara bisa nk’ibyarangiye. 

Uwo musaza basanze yapfuye ku ya 16 Mutarama mu 2021 ahitwa i Mbezi ikaba ari imwe muri Hoteli ziri mu mujyi wa Dar es Salaam. Umubiri we bahise bawujyana mu bitaro bya Mwananyamaka mu kureba icyo yaba yarazize. Gusa amakuru ari kuvugwa ni uko yateye akabariro kugeza ashizemo umwuka.


Basanze amashilingi 1,750 mu mufuka we, irangamuntu na telefoni yo mu bwoko bwa Tecno. Uwo musaza yari yamaranye ijoro ryose n’iyo nkumi y’imyaka 33, uwo mwari yitwa Neema Kibaya akaba ari mu maboko ya polisi aho ari guhatwa ibibazo ngo hamenyekane ukuri kuri urwo rupfu rw’uwo musaza bari bamaranye ijoro bakora ibikorwa by’ishimishamubiri. 

Umusaza David urupfu rwe rwemejwe na Ramadhan Kingai uyobora polisi yo mu gace ka Kinondoni akaba yari mu cyumba cya hoteli twavuze haruguru mu cyumba gifite nimero ya 22 aho yari yagiye kuruhukira. Si ubwa mbere ibyo bibaye kuko muri Kamena mu 2020 hari umugabo w’imyaka 42 waguye muri hoteli amaze kwinezezanya n’umugore ukomoka mu cyaro cya Siaya cyo muri Tanzania.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sinamenye patricke3 years ago
    uwomusaza imana imwacyire mubayo
  • Sinyora3 years ago
    Uwo musaza ko numva yahuye n'uruva gusenya,yaguye mu maguru y'umugore!





Inyarwanda BACKGROUND