RFL
Kigali

"Nje kuzamura abakinnyi bavuka i Nyanza" Hakizimana JB nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y'imyaka 2 atoza Nyanza FC

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:9/12/2020 16:50
0


Kuri iki gicamunsi tariki 9 Ukuboza 2020, ni bwo ubuyobozi bw'ikipe ya Nyanza FC bwasinyishije umutoza Hakizimana Jean Baptiste wanyuze muri Mukura n'Amagaju FC ari umutoza wungirije.



Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru nyuma yo gusinya, yatangaje imigabo n'imigambi azanye muri iyi kipe ya Nyanza FC ndetse n'amasezerano ye uko ateye. Yagize ati "Nsinye amasezerano y'imyaka ibiri amasezerano azibanda ku kwita ku bakinnyi bavuka hano i Nyanza, ndetse no gukina umupira ufite intego ku buryo duhita tubona intsinzi."


Hakizimana Jean Baptiste yasinye imyaka ibiri muri Nyanza FC

Abajijwe kubyo ubuyobozi bwa Nyanza FC bwamusabye, yavuze ko atari byinshi ariko harimo kimwe gikomeye. Yagize ati "Nasabwe kureba abana bose bakinira umupira w'amaguru mu bice bitandukanye by'aka karere, nkabahuriza hamwe bakazahagararira Nyanza FC kandi neza. Iyo ukina umupira uba ugira ngo utsinde iyo utsinda rero uba uwa mbere bivuze ko no kwitwara neza mu cyiciro cya kabiri biri mu ntego zacu.”


Umuyobozi wa Hotel Lenima akaba n'umuterankunga w'ikipe

Abatoza bungirije ndetse n'abandi bazafatanya gutoza iyi kipe bazamenyekana mu mpera z'iki cyumweru mu gihe abatoza bungirije bazishakirwa n'umutoza muruku. Hakizimana Jean Baptiste yavukiye mu karere ka Kicukiro, akinira amakipe y'abato y'i Gikondo, akinira As Kigali ahava yerekeza muri Kaminuza y'u Rwanda akajya akina ndetse aniga, byatumye nyuma agurwa na Mukura ahava yerekeza mu Amagaju FC ari naho yatangiriye umwuga w'ubutoza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND