Urukundo ni ikintu cy’ingenzi mu buzima kandi buri wese ararukeneye. Gusa abantu bagiye barufata uko rutari, bakarusobanura ukundi ariko bibiliya itanga ibisobanuro bya nyabyo ku cyo urukundo ariko, bigatuma umuntu yabona ibisobanuro bine abantu bahaye urukundo barubeshyera.
1.Urukundo si impumyi
Byanze bikunze,
igihugu cyose waba urimo, interuro ivuga ngo urukundo ni impumyi yakunyuze mu
matwi. Urukundo icyo rukorera umuntu rukura intege nke mu maso ye akarenga ibyo
yitaga inenge ku muntu. Urukundo rero ntabwo ari impumyi, kuko rubona ibintu
byose rukihanganira ibyo bamwe babonaga ko ari inenge ariko ruba rwabibonye.
1 Petero
4:8, haravuga ngo ‘Urukundo rubabarira ibyaha byinshi’, naho mu 1 Abanyakorinto
13,7 haravuga ngo ‘Urukundo rubabarira byose, rwemera byose, rwizera byose,
rukihanganira byose’.
Bibiliya ivuga
ko Imana ubwayo ari urukundo. Ikomeza gukunda abantu, ikabakunda ari
abanyabyaha kandi ibizi ko ari abanyabyaha. Ntabwo Imana ari impumyi ngo tuvuge
ko ikiyitera gukunda abantu ari uko itaziko ari abanyabyaha.
2. Urukundo si amarangamutima
Urukundo
ntabwo ari amarangamutima, ahubwo amarangamutima ni umusaruro w’urukundo
ubwarwo. Kumva uguwe neza mu mutima, kumva ufite umuhate wo kugirira neza
abandi ibyo nibyo rukundo, naho urukundo ubwarwo si amarangamutima.
Iyo urukundo
ruza kuba ari amarangamutima umuntu yari kujya yanga mugenzi we wamuhemukiye
nabyo bikitwa urukundo.
3. Nta muntu woroshye gukunda kurusha
undi
Urubuga ibelieve.com
rwifashishije bibiliya ruvuga ko iyi ngingo Atari ukuri. Ngo ibintu waheraho
uvuga ko umuntu uyu n’uyu arusha uriya igikundiro, cyangwa ko byoroshye
kumukunda umugereranyije na kanaka ngo ntabwo ari ukuri. Kuba wakunda umuntu
kubera, indangagaciro afite, ibitekerezo bye muri politiki, ibyo yagezeho mu
buzima n’ibindi. Ibi ngo ntabwo biba ari urukundo.
Abaroma, 5:8,
haravuga ngo, Yesu yadupfiriye tukiri mu byaha. Bivuze ko yapfiriye buri wese
atitaye ku ngano y’ibyaha bye, nta kintu na kimwe arebyeho, icyubahiro,
amafaranga, indangaciro, uko abayeho n’ibindi.
Luka 6: 35
hasaba abantu gukunda abanzi babo no kubagirira neza. Imana isaba abantu
gukunda abantu no kubagirira neza nk’uko yo ubwayo ikunda abantu ikanabagirira
neza itavanguye. Nta muntu w’intungane urabaho ariko abantu bose Imana
irabakunda.
4.Urukundo
si ubwoba
Nta bwoba buba mu rukundo, ahubwo urukundo ruzima rwirukana ubwoba. Ubwoba
buturuka ku gihano, ku bw’ibyo umuntu utinya ntabwo uba umukunda.
Ikigaragaza ko urukundo rutabangikana n’ubwoba, ni uko urukundo ruha
umuntu umuhate wo guca mu biteye ubwoba nko kwitangira abandi.
TANGA IGITECYEREZO