Umuraperi Kanye West yamaze kwemeza ko nta cyizere afite cyo gutsinda amatora yo kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse ko azongera kugerageza amahirwe mu matora yo mu 2024.
Ibi Kanye West yabitangaje nyuma y’uko ku munsi w’ejo w’amatora
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavugaga ko yitoye ndetse ko yatoye umuntu
umwe gusa yizera ari we ubwe. Mu magambo ye yagize ati: ”Imana ni nziza cyane.
Uyu munsi natoye ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
akaba ari umuntu wa mbere nizera cyane…. Ariwe njye.”
Kanye West yatangaje ko yitoye ubwe
Nyuma yo gutangaza aya magambo, Kanye West yifashishije
urukuta rwe rwa Twitter bisa nk'aho yamaze kwemera ko yatsinzwe amatora akaba
azongera kugerageza amahirwe ye mu matora yo mu mwaka 2024. Yagize ati: ”Byiza.
Kanye West 2024.”
Kanye West yemeye ko nta cyizere afite cyo gutsinda amatora
Mu matora yo ku munsi w’ejo uyu muraperi amakuru
yavugaga ko yari ku rutonde rw’abakandida ku mwanya wa Visi-Perezida mu ishyaka
rya American Independent Party muri leta ya California. Kanye West nabwo yari
ku rutonde nk’umukandida mu ishyaka rya Birthday Party ndetse akaba n’umukandida
wigenga mu zindi leta zitandukanye.
Uyu muraperi yabonye amajwi atari macye muri leta 12 yanyuzemo ashaka amajwi harimo nka Colorado yabonyemo amajwi 6,000, Leta ya Vermont (1,200), Arkansas (3,979), Idaho (2,309), Iowa (3,179), Kentucky (6,259), Louisiana (4,837), Minesota (6,796), Mississipi (3,009), Oklahoma (5,587), Tennessee (10,188) na leta ya Utah (4,053).
Muri Nyakanga uyu mwaka ni bwo Kanye West yatangaje ko agiye
kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
ntibyatinze kuko nyuma yaho gato yatangiye ibikorwa bye byo kwiyamamaza.
Ku munsi wa mbere wo kwiyamamaza ijambo rye ryaranzwe
n’amarira menshi ubwo yavugaga inkuru z’ubuzima bwe bwite n’umugore we Kim Kardashian
zijyanye n’uko bagerageje gukuramo inda y’umwana wabo.
Src: Mirror & International News
TANGA IGITECYEREZO