Amezi asaga 7 arashize abanyeshuli barahagaritse amasomo kubera Covid-19. Binyuze mu kiganiro cyakozwe hifashijwe ikoranabuhanga, Kaminuza y’u Rwanda yamaze impungenge abanyeshuli itangaza igihe amasomo azasubukurirwa ku biga mu wa 3, 4 n’uwa 5. Naho ku biga mu mwaka wa 1 n’uwa 2 bo bazakomeza kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga (E-learning).
Kuwa 8 Ukwakira 2020 ni bwo Kaminuza y’u Rwanda yatangaje ko iri gutegura ikiganiro
n’abanyeshuli hifashijwe ikoranabuhanga binyuze ku nkuta zayo ari zo Facebook na Twitter. Muri iki kiganiro abanyeshuli bari kubaza bagahita basubizwa, benshi
bagiye bagaruka ku bibazo binyuranye, gusa inkuru yari itegerejwe na benshi yari
iyo kumenya igihe bazagarukira ku masomo.
Muri iki
kiganiro iyi kaminuza yatangaje ko amasomo azasubukurwa kuwa 19 Ukwakira 2020. Ku bijyanye n'ibyatangajwe byo kuba mu macumbi ya Kaminuza, basubije ko
abashinzwe imibereho myiza y'abanyeshuli muri buri koleje ari bo bazagenda
babitangaza.
Umwe mu banyeshuli babajije ikibazo kijyanye no gutangira yagize ati ”Murakoze nitwa Jean de Dieu SINGIZUMUKIZA, ndi umunyeshuli muri UR nkaba nshaka kumenya igihe cya nyacyo tuzatangirira gusubirira kuri kaminuza”. Igisubizo yahawe na Kaminuza y’u Rwanda kiragira kiti ”Nshuti yacu SINGIZUMUKIZA, turi gupanga gutangira kuwa 19 Ukwakira, ikindi kolege ni zo zizagenda zitangaza amabwiriza yo kugenderaho”.
TANGA IGITECYEREZO