Aime
Uwimana wagiye ahindura ubuzima bw’abatari bake binyuze mu bihangano bye, azwi
nk’umwe mu bashinze imizi y’umuziki wa Gospel mu Rwanda. Indirimbo ye
“Muririmbire Uwiteka” yabaye nk’indirimbo y’ibihe, yamamara mu nsengero, mu ngo
no mu bikorwa by’ivugabutumwa.
Mu
kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Aime Uwimana yavuze ko imyaka amaze
mu muziki yagiye irushaho kumwereka ibikomeye Imana ishobora gukora iyo umuntu
yemeye kuyikorerera.
Yavuze
ati “Yaranzwe no gutangara, reka mbyite gutangira. Iyo utangiye ivugabutumwa,
uba utazi neza aho ujya. Natangiye ndi muto, sinari nzi ingano y’ibyo ngiye
kwinjiramo. Ariko uko nagendaga ngenda, nakomezaga gutangazwa n’uburyo Imana
inyura mu ndirimbo zanjye kugira ngo igere ku bantu. Buri gice cy’urugendo
cyaranzwe n’ibyiza byinshi, n’imbogamizi nyinshi ariko byose byagaragazaga ko
Imana yita ku murimo wayo.”
Mu
gihe cy’imyaka 30, Aime Uwimana yanditse, asohora, anaririmba indirimbo
zafashije imitima itabarika. Yakoranye n’abahanzi benshi, atanga ubumenyi mu
mashuri ya muzika, anitabira ibitaramo bikomeye mu gihugu no hanze yacyo.
Abenshi
mu batangiranye nawe urugendo rwa Gospel hari abacitse intege, abandi berekeza
ahandi. We avuga ko icyo yamaze kumenya ari uko igihagarika umuntu mu murimo si
intege nke, ahubwo rimwe na rimwe biterwa n’impamvu zitandukanye ariko ngo ku bwe, n’uko akiri muri uru rugendo
ni “ubuntu bw’Imana”.
Aragira
ati “Si uko ndusha abandi cyangwa se ko hari ikintu ntandukanyeho na bo cyane.
Rimwe na rimwe abantu dutangira turi kumwe, ariko intego Imana ibashyizemo
ntabwo ari imwe. Hari uwatangira urugendo, ariko akagira indi nshingano nyuma.
Njyewe narinzwe n’ubuntu bw’Imana, kandi Imana ni yo yashimye ko nguma mu
murimo wayo.”
Abenshi
bita Aime Uwimana ‘Bishop w’abahanzi’ kubera uruhare yagize mu gutangiza no
gufasha benshi mu bahanzi ba Gospel gutangira no kwagura impano zabo. Ni izina
avuga ko yubahira cyane abamwita gutyo, nubwo rimwe na rimwe bimugora
kurisobanukirwa.
Ati
“Iyo umuntu agufata nk’icyitegererezo, ni ibintu utapfata ubusa. Biranyubaka.
Ndashima Imana kuko hari abo yafashije kunyura mu buzima bwabo. Hari abo
yanyujijeho kugira ngo batinyuke impano zabo. Iyo mbitekerejeho, numva
nshishikajwe no gukomeza kuba intwaro Imana yakoresha mu gutera imbere
kw’umuziki n’abawukora.”
Imyaka
30 si mike. Mu myaka yose, Aime Uwimana ntiyacogoye, ntiyasohoye gusa
indirimbo, ahubwo yanabaye umwarimu, umujyanama n’inshuti ku bahanzi benshi bo
mu ngeri zitandukanye. Umurimo we wasize amateka mu matwi, mu mitima no mu
buryo abantu bafata umuziki wa Gospel mu Rwanda.
Uyu munsi, iyo yibuka aho byatangiriye, ashimira Imana, ababyeyi bamushyigikiye, abamufashije gutera intambwe n’abakomeje kumva ko indirimbo ze ari igikoresho cy’ihumure no gusubizwa.
Aime Uwimana yibuka imyaka 30 amaze mu murimo w’indirimbo zihimbaza Imana, avuga ko yaranzwe no “gutangara” ku bw’ibyo Imana yamukoresheje
Umuramyi
Aime Uwimana mu gikorwa cyo kuramya no guhimbaza Imana – urugendo rwatangiye
akiri muto none rukaba rumaze imyaka 30
Aime
Uwimana, benshi bamuzi nka “Bishop w’abahanzi”, avuga ko kuba agifite umurava
mu muziki wa Gospel ari ubuntu bw’Imana
Aime
Uwimana n’abahanzi bagenzi be bagiye bahurira mu rugendo rw’ivugabutumwa
binyuze mu ndirimbo – bamwe bahinduye inzira, we aguma mu murimo
Buri
cyiciro cyose narimo cyaranzwe no gutangara” – Aime Uwimana yibuka urugendo
rw’imyaka 30 aririmbira Imana
Mu
kiganiro cyihariye, Aime Uwimana yavuze ko yishimira kuba hari abamubonamo
igitekerezo n’inkomezi mu muziki wa Gospel
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA AIME UWIMANA
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'MURIRIMBIRE UWITEKA' YA AIME UWIMANA