U Rwanda rurakataje mu rugamba rwo kugabanya ibikomoka ku mata bitumizwa mu mahanga

Ubukungu - 28/06/2025 6:30 AM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda rurakataje mu rugamba rwo kugabanya ibikomoka ku mata bitumizwa mu mahanga

Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025, ibigo bibiri bikomeye mu nganda z’u Rwanda, Inyange Industries Ltd. na Africa Improved Foods (AIF), byasinyanye amasezerano y’ubufatanye agamije gutangira gukoresha ifu y’amata ikorerwa mu Rwanda.

Ni amasezerano yitezweho kongerera u Rwanda ubushobozi bwo kwihaza mu bikenerwa mu nganda, gutanga isoko rirambye ku borozi, no guteza imbere urwego rw’ubucuruzi n’itwarwa ry’ibiribwa byujuje ubuziranenge.

Africa Improved Foods ni uruganda rukora ibyo kurya bitandukanye, byiganjemo ibifasha abana gukura neza n’ibifasha kwita ku buzima bw’umubyeyi utwite n’uwonsa.

AIF yatangiye gushyira mu bikorwa aya masezerano igura toni 50 z’ifu y’amata ikorwa n’uruganda rwa Inyange, intego ikaba ari ukongera iyo ngano ikagera kuri toni 3,000 buri mwaka.

Iyi mikoranire, ni ikimenyetso cy’impinduka zikomeye mu mikorere y’inganda zo mu Rwanda, aho ibigo bibiri bikomeye byafashe icyemezo cyo guhanga udushya mu isoko ry'imbere mu gihugu, bigamije kugabanya ibyo bitumiza hanze no gushimangira agaciro k’ubucuruzi bw'ibyerekeye ku mata.

Umuyobozi wa AIF mu Rwanda, Abraham Mathai, yavuze ko aya mata y’ifu arimo intungamubiri zikomeye, zifasha abana guca ukubiri n’imirire mibi n’igwingira.

Ati: “Impamvu dukeneye aya mata y’ifu, ni uko akubiyemo intungamubiri z’inyongera zikenewe n’abana by’umwihariko abo mu myaka yo hasi, kugira ngo bakure nta bibazo by’imirire mibi bafite.”

Ubusanzwe, ifu y’amata itunganyirizwa mu ruganda rwa Inyange ruzwi nka Milk Powder Plant (MPP), rukora ku rwego mpuzamahanga, rukaba rufite icyemezo cy’ubuziranenge cya FS22000.

Mu mezi 11 gusa rumaze rukora, uru ruganda rumaze kugera ku masoko y’ibihugu bitandukanye birimo Kenya, Tanzania, Turukiya, Siriya, Oman na Ghana, aho rwohereza ifu y’amata yujuje ubuziranenge bujyanye n’amasoko yo ku rwego rw’isi.

Umuyobozi wa Inyange Milk Powder Plant, James Kagaba, yasobanuye ko iyo babonye abaguzi nka AIF bibafasha gukomeza gukora neza bakabona uko basubira kugura amata y’aborozi, bikanabafasha kugera ku ntego biyemeje yo kugabanya amata atumizwa hanze y’igihugu.

Yavuze ko amata y’ifu adashobora kubura kuko amata macye bakira avuye mu borozi n’ahandi, ari litiro 2,800,000 ku kwezi. Ati: “Aya mata dukora tuba tugamije kuyagurisha ku nganda nini. Ni nayo mpamvu dushyira mu mifuka minini, ariko noneho hari na gahunda ihari yo kugira ngo dukore amata mato.”

Kuri ubu, uru ruganda ruratunganya toni 40 z’amata y’ifu ku munsi, ariko ahanini bigaterwa n’isoko rihari. Uretse isoko mpuzamahanga, hari amahoteli n’inganda nini mu Rwanda zirimo na AIF zatangiye kugirana amasezerano n’uruganda Inyange, ajyanye no kugura amata y’Ifu.

Ku ruhande rwa AIF, gufata icyemezo cyo kugura ifu y’amata ikorewe mu Rwanda ni ikimenyetso cy’uko ubwiza n’ubunyamwuga bw’inganda z’u Rwanda bukomeje gutanga icyizere, kandi bigahura n’intego yo gusimbuza ibyatumizwaga hanze ibikorerwa mu gihugu, igihe bibaye byujuje ubuziranenge.

Kuva MPP yatangira gukora, yagize uruhare rukomeye mu guhindura isura y’urwego rw’amata mu Rwanda. Mbere yaho, aborozi bahuraga n’igihombo gikomeye cy’amata yangirikaga kubera kudatunganywa. Ubu, ifu y’amata ikorwa itanga isoko rihoraho, kandi ritanga icyizere ku borozi bo mu gihugu hose.

Umuyobozi w'Aborozi mu Karere ka Nyagatare, Elias Gakire yavuze ko ubu batagihura n’ikibazo cy’aho bagurisha umukamo wabo kuko bayagurisha ku ruganda ruyakoramo ifu. Ati: “Umukamo ntushobora kubura isoko, ahubwo igishoboka nk’aborozi ni ugushyiramo ingufu kugira ngo tworore kijyambere, dukame menshi, kugira ngo dushobore kubona amafaranga akomoka kuri ubwo butunzi.”

Iyi fu y’amata irimo poroteyine nyinshi, ikagira uburyohe karemano bw’amata, kandi ikoreshwa mu nganda zitandukanye harimo n’izitunganya ibiribwa byongera intungamubiri bigamije kurwanya imirire mibi, kimwe mu byo AIF ishyize imbere.

Uretse ubucuruzi bw'ifu y’amata, ubu bufatanye bugaragaza ko urwego rw’inganda mu Rwanda rumaze gukura, kandi rufite ubushobozi bwo kwigira. Gukoresha ibikorerwa mu gihugu bifasha AIF kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’isoko mpuzamahanga, kongera umusaruro mu buryo bwihuse, kugabanya ikoreshwa ry’amadevize no kongera uruhare rw’iki kigo mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu.

Izi mpinduka zirerekana ko u Rwanda rukomeje gushyira imbere guteza imbere urwego rw’inganda, kongera agaciro ku musaruro w’abaturage, no gukora ibiribwa bifite ubuziranenge bwemewe ku rwego mpuzamahanga.

Ibiryo bikungahaye ku ntungamubiri, ifu y’amata na za yogurt ni bimwe mu bifasha abana gukura neza, kurwanya imirire mibi no gufasha imiryango kugira icyizere mu byo igaburira abana bayo.

Inyange Industries na Africa Improved Foods basinyanye amasezerano y'ubufatanye mu rwego rwo guteza imbere inganda no kugabanya ibyerekeye ku mata bitumizwa mu mahanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...