Uyu
munyarwenya usanzwe ari n’umwalimu mu Mujyi wa Kampala, niwe wari umunyarwenya
Mukuru mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane
tariki 10 Nyakanga 2025.
Iki
gitaramo cyahujwe n’ibirori byo kwizihiza #Kwibohora31, imyaka 31 ishize u
Rwanda rwibohoye, cyanitabiriwe n’abandi banyarwenya b’Abanyarwanda barimo
Umushumba, Pilate, Rumi, Kadudu, Dudu, Joseph n’abandi.
Teacher
Mpamire yaserutse mu mwambaro uzwi kuri Perezida wa Uganda Yoweri Museveni,
akoresha imvugo n’imyitwarire ijya kumwigana, ibintu byatumye abantu barushaho
gususuruka.
Yarushijeho
gukora ku mitima y’abitabiriye igitaramo ubwo yifashishaga ikibaho n’agakayi
nk’umwalimu uri kwigisha abanyeshuri, ubundi agatera urwenya rujyanye
n’imibereho ya buri munsi, politiki n’ibyamamare byo muri Afurika.
Mu
bice bitandukanye by’urwenya rwe, yagarutse ku: Filime za Nigeria n’uko zifatwa
muri sosiyete. Ibintu byatangaje abantu byabereye i Rubavu mu cyumweru gishize; ubwiza bw’Abanyarwandakazi n’imyitwarire y’abantu muri Kigali.
Mu
ijambo ryamuranze, Teacher Mpamire yasabye abitabiriye igitaramo gufata umwanya
wo gushimira Perezida Paul Kagame ku ruhare rukomeye yagize mu iterambere ry’u
Rwanda mu myaka 31 ishize.
Yagize
ati: “Ikaze kuri mwese. Ni Teacher Mpamire wo muri Uganda. Niba wari unkumbuye,
dukome amashyi. Nizere ko buri wese ari mu ishuri. Ariko ni ibiki byabereye ku
Gisenyi? Niba wemeranya nanjye, haguruka dushimire Perezida Paul Kagame. Ntabwo
ndabona undi Mukuru w’Igihugu uhuza nka we – kuva ku kubohora Igihugu, guha
abaturage umutekano, kugeza n’uyu munsi agiteza imbere.”
Aya
magambo yatumye abitabiriye igitaramo bamuha amashyi menshi n’impundu,
bigaragaza ko banyuzwe n’uko yifatanya n’u Rwanda muri ibi birori by’amateka.
Teacher
Mpamire si ubwa mbere ataramiye mu Rwanda. Ni umwe mu banyamwuga bafite izina
rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, by’umwihariko muri Comedy.
Uyu
mugabo usanzwe ari n’umwarimu i Kampala, yamenyekanye cyane mu buryo ashushanya
Perezida Museveni, uko avuga, yambara, agenda ndetse anareba.
Yatangiye
umwuga we ashyira imbere gusetsa bigaragara nk’inyigisho, ibyo abikora atigana
gusa abantu bazwi ahubwo yibanda ku bikorwa bifite ishingiro.
Yize
uburezi muri Makerere University muri Uganda, ndetse yongera kwihugura mu
buhanzi bwa Comedy muri The American Comedy Institute muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika. Aho hose yagiye agira intego yo kuba umunyarwenya uhuza urwenya
n’inyigisho.
Yigeze
kuvuga ati: “Nshaka ko abantu bamenya ko ushobora gusetsa, ukigisha, ariko
ugakora byose mu bwubahane. Singamije kwigana Perezida ngo musebye, ahubwo
ndamukesha ko nagize uwo ndiwe.”
Ibyo
byose byatumye azamuka, aba umwe mu banyamwuga bubashywe mu ruhando rwa Comedy
ku mugabane wa Afurika.
Mpamire
yagiye agaragara mu biganiro binyuranye by’ikinamico n’amarushanwa ya comedy
muri Uganda, Kenya, Tanzania n’ahandi, ndetse yitabira n’ibitaramo
mpuzamahanga.
Uburyo
bwe bwo kwisanishisha na Perezida Museveni ntibumugiraho ingaruka mbi kuko
yagiye yemeza ko nta mugambi wo kumusebya, ahubwo abikora mu rwego rwo gusetsa
no kwigisha.
Uyu
munyabigwi mu rwenya kandi akunze kwibanda ku ngingo zijyanye n’imibereho ya
buri munsi, politiki y’akarere, ndetse n’umuco wa Afurika. Uburyo bwe bwo
gukoresha ikibaho n’agakayi nk’uwigisha, bwatumye arushaho gutandukana
n’abandi, ndetse izina “Teacher Mpamire” ryamuhama nk’umwambaro.
Ni
umwe mu banyamwuga bafashije kuzamura urwego rwa Comedy muri Afurika
y’Iburasirazuba, kandi akomeje kuba icyitegererezo ku rubyiruko rurimo
abanyarwenya bato n’abari kuzamuka muri uyu mwuga.
Mu gihe cy’iki gitaramo kandi, MC Murenzi, wamenyekanye cyane kuri Contact FM, yahawe umwanya wihariye avuga ku birori bya Kigali Streetball Festival azaba atunganya, bizaba ku ya 19-20 Nyakanga 2025 muri Petit Stade Amahoro. Iki gikorwa kitezweho guhuza abato n’abakuru mu mikino, umuziki n’imyidagaduro.
Teacher
Mpamire yaserutse nk’uko asanzwe azwi, yambaye nk’ushushanya Perezida Museveni
wa Uganda, asusurutsa abitabiriye Gen-Z Comedy i Kigali
“Haguruka
dushimire Perezida Kagame!” – Mpamire yasabye abitabiriye igitaramo kumushimira
ku bwo guteza imbere u Rwanda mu myaka 31 ishize
Mpamire
yongeye gukoresha ikibaho n’agakayi nk’umwarimu, uburyo bwamumenyekanishije mu
gukina urwenya rufite isomo
MC
Murenzi yahawe umwanya muri Gen-Z Comedy atangaza ibyiza bitegerejwe muri
Kigali Streetball Festival izaba muri Petit Stade
Abitabiriye
igitaramo basetse karahava! Mpamire yongeye kugaragaza ko ari umwe mu
banyarwenya bakomeye ku mugabane wa Afurika
Comedy
ni isomo ribitsemo ukuri” – Mpamire yagarutse ku byabereye i Rubavu no ku bwiza
bw’abanyarwandakazi mu rwenya rwasekeje benshi.
Mu
gusoza igitaramo, Mpamire yashimiye bikomeye abanyarwanda ku bwo kumwakira
neza, yizeza ko azahora yishimira kuza gutaramira i Kigali
Pilate
yigaragaje nk’umwe mu banyarwenya bafite uburyo bwihariye bwo gukoresha imitoma
n’amagambo ahindurira abantu icyumweru mu minota
Umushumba
yasusurukije abakunzi ba Comedy mu buryo bwe busanzwe bwo guhuza ubuzima bwa buri
munsi n’ibisetsa bisekeje bishingiye ku mico nyarwanda
Kadudu
yagaragaje ko atari umunyarwenya usanzwe – yateye urwenya rufite ubutumwa,
yifashisha amagambo yoroheje ariko asetsa ku rwego rwo hejuru
Rumi
yanyuze benshi mu buryo yifashishaga ubuhanga bwo gusetsa binyuze mu buryo
avuga, imyambarire ye n’ubuhanga bwo guhuza amagambo
Dudu
yakoresheje imivugo n’inkuru zisekeje, ashimangira ko urwenya rubasha gutanga
ubutumwa bukomeye mu buryo bworoshye
Joseph yagaragaje urwenya rujyanye n’abato, yivugira ibintu bisanzwe by’ubuzima bw’urubyiruko mu buryo busetsa ariko bunigisha
Umunyarwenya Isacal yongeye gutembaga abantu muri iki gitaramo giterwa inkunga sosiyete y'itumanaho ya MTN Rwanda