Rayon Sports na APR FC zashyize FERWAFA mu ihurizo

Imikino - 16/07/2025 9:45 AM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports na APR FC zashyize FERWAFA mu ihurizo

Ikipe ya Rayon Sports na APR FC zashyize mu ihurizo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, bitewe na gahunda zifite.

Ikipe ya Yanga SC yamaze kwemeza ko izaza mu Rwanda gukina na Rayon Sports tariki ya 15 z’ukwezi gutaha kuri Rayon Day. Iyi kipe yemeje ibi nyuma y’uko Murera n’ubundi yari yandikiye FWERWAFA iyibimenyesha ndetse inayisaba Stade Amahoro. Amakuru avuga ko n’ikipe ya APR FC yamaze kwandikira FERWAFA iyibwira ko tariki ya 2 Kanama ifite umukino wa gicuti izakinamo na Simba SC.

Izi gahunda z’aya makipe azasohokera u Rwanda mu mikino Nyafurika ziri gushyira FERWAFA mu ihurizo bitewe n’ingengabihe yayo. Iri shyirahamwe ryari ryaramaze gutegura ko umukino wa Super Cup uzakinwa tariki ya 2 Kanama nyuma y’uko ku ikubitiro wari warateguwe tariki ya 8 ariko bikaza kurangira wigijwe imbere bitewe n’uko muri Stade Amahoro kuva uwo munsi kuzageza tariki ya 10 hazaba harimo haraberamo  igiterane cy’Itorero ry’Abahamya ba Yehova.

Bivuze ko iyi tariki yari iteganyijweho Super Cup bitakunda ko ikinwa bitewe n’umukino wa APR FC none bikomeje kuba ihurizo kuri FERWAFA. Usibye ibi kandi biteganyijwe ko shampiyona igomba gutangira gukinwa tariki ya 15 Kanama umunsi n’ubundi Rayon Sports izakoreraho ibirori by’umunsi wayihariwe uzwi nk'uw’Igikundiro.

Kugeza ubu biravugwa ko nta gahunda ihari ko shampiyona yakigizwa inyuma kugira ngo Super Cup ibanze ikinwe ndetse no kuba Rayon Day yakigizwa inyuma nabyo nti byakunda bitewe n’uko tariki ya 20 Yanga SC izahita  ijya muri Namibia kwitegura umwaka utaha w’imikino.


Rayon Sports na APR FC zashyize FERWAFA mu ihurizo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...