Ni abahe banyamahanga bazatandukana na Rayon Sports?

Imikino - 14/07/2025 10:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni abahe banyamahanga bazatandukana na Rayon Sports?

Mu gihe habura ukwezi kumwe ngo Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/2026 itangire, Rayon Sports yamaze gutangira gahunda yo kuvugurura urutonde rw’abakinnyi bayo, cyane cyane hibandwa ku bagomba kuyisohokamo.


Ni umwaka w’ingenzi kuri iyi kipe, kuko yiteguye kwikosora nyuma y’umwaka ushize utarayihiriye ku rwego rwa shampiyona, ikaba yifuza kongera guhatana ku buryo bukomeye, haba imbere mu gihugu no ku ruhando Nyafurika. Ikongera kwandika amateka meza.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka muri Mutarama, ikipe ya Rayon Sports yaguye mu mutego wo kwinjiza abakinnyi itazi urwego rwabo kugeza ubwo yabahembaga ntacyo bayifasha ariko kugeza ubu ikaba iri kurwana urugamba rwo gutandukana nabo.

Mu bakinnyi bane Rayon Sports yaguze muri Mutarama, uretse Biramahire Abeddy watanze umusaruro, bagenzi be bazanye aribo Assana Nah Innocent, Adoulai Jalo na Souleymane Daffe babaye ingwizaamurongo ndetse abo Rayon Sports ikaba airi gushaka uko itandukana nabo.

Uretse abo, perezida wa Rayon Sports yavuze ko hari bamwe mu baje mu mpeshyi y’umwaka ushize nabo bazasezererwa.  Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yavuze ko impamvu z’aya mavugurura zishingiye ku kugabanya umubare w’abanyamahanga no kugabanya amafaranga ikipe yishyura ku kwezi.

Yagize ati: “Abo tudakeneye tuzabatiza, uzanga ko tumutiza nta ‘licence’ nzamuha. Nka Elenga Kanga Junior tugiye kumuhemba amezi ye abiri, tumuhe amafaranga twamusigayemo tumugura. Omar Gning na we twararangizanyije tuzamuha ibihumbi 7,5$. Souleymane Daffé na we ntabwo ashaka kugenda ariko turi kumvikana.”

Aba bakinnyi bose ngo bagiye kureberwa aho bajya, mu rwego rwo kwirinda gutanga amafaranga menshi no gutegura ikipe ikomeye ariko itarenze ubushobozi bw’amikoro.

Ati “Twakuyemo abanyamahanga batatu bahembwaga amafaranga menshi pe. Mu banyezamu hari abo tuzatiza kuko turi kuvugana na AS Muhanga, Amagaju FC, Gicumbi FC,”

Biteganyijwe ko ikipe izaba igizwe n’abakinnyi 26 kugeza kuri 28, kugira ngo habeho gucunga neza ingengo y’imari, nk’uko Perezida yabivuze. Abakinnyi biteganyijwe ko bagomba gutandukana na Rayon Sports ni Assana Nah Innocent, Souleymane Daffe, Adoulai Jalo, Prince Elenga Kanga na Omar Gning.

Uretse abo biranavugwa ko umunyezamu ukomoka muri Mali Drissa Kouyate wasinye muri iyi mpeshyi, ngo ikipe ya Rayon Sports irashaka gutandukana nawe atarakina umukino n’umwe kubera ubuhanga bukeya akomeje kugaragaza mu myitozo.

Kuri iyo mpamvu Rayon Sports irashaka gusinyisha Kwizera Olivier, umunyarwanda uzwiho ubuhanga budasanzwe.

Assana Nah Innocent mu bakinnyi bagomba kuva muri Rayon Sports 

Souleymane Daffe

Adoulai Jalo mu bakinnyi bamaze amezi atandatu nta kintu bafashije Rayon Sports 

Elenga Kanga mu bakinnyi Perezida wa Rayon Sports yagarutseho 

Omaar Gning 

Umunyezamu mushya Drissa Kouyate nawe yanenzwe ataramara kabiri mu ikipe, ibintu bishobora gutuma bahita batandukana ikubagahu

Kwizera Olivier ashobora kugaruka muri Rayon Sports agasimbura Drissa Kouyate  wagaragaje urwego rwo hasi







Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...