Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana yatanze ubu butumwa yifashishije urubuga rwa X
[Twitter] kuri uyu wa Mbere tariki 9 Kamena 2025. Mu butumwa bwe, yagaragaje ko
izi ndwara zishobora kwiyongera ari izifitanye isano n'ihindagurika
ry'ikirere.
Muri izi ndwara,
yagaragajemo iy'ibicurane, iterwa na virusi ya influenza na Covid. Aha niho
yahereye asaba Abanyarwanda kwirinda kwanduzanya, no gukaza isuku. Indi ndwara
yagaragaje ishobora kwiyongera, ni Malaria. Ati: "Dufatanye kurwanya
imibu, no kwisuzumisha ku gihe."
Kuri Malaria ho
yahashinze agati, aho yagize ati: "Aho uzabona amazi aretse, arimo udukoko
tw’umukara bamwe bita imihini (mosquito larvae). Uzamenye ko ari imibu ibura
iminsi mike ngo imenye kuguruka. Kuraho aya mazi; niho imibu itera amagi,
ikororoka, bikongera malaria."
Ibi bigarutsweho nyuma
y'iminsi itatu gusa Covid-19 yongeye kuvugwa cyane nyuma y’imyaka irenga
itanu icyo cyorezo gitangiye, kubera ubwoko bushya bw’iyo virusi bwamaze
kwemezwa mu Bwongereza no mu bindi bihugu bitandukanye ku Isi.
Ubu bwoko bushya bwiswe
NB.1.8.1, kuri ubu bubarirwa ku rugero rwa 10% by’ubwandu bwose ku Isi, kandi
bwamaze kuboneka muri Irlande y’Amajyarugu na Pays de Galles.
Nubwo bitaragaraga ko iyi
virusi nshya ifite ibimenyetso bikabije kurusha ibisanzwe, inzobere zivuga ko
ishobora kwinjira mu turemangingo byihuse kandi uyifite ashobora kugira
uburwayi bwo mu nda, burimo guhitwa, impatwe no kuribwa mu nda.
OMS ivuga ko Covid-19
ikomeje kwihinduranya guhera muri Mutarama na Gicurasi. Ubwoko buriho muri iki
gihe bivugwa ko aribwo bwihuta cyane mu gusakara mu bantu.