Mani Martin na Impakanizi batunguye Bill Ruzima mu gitaramo cye cyitabiriwe n'ibyamamare- AMAFOTO

Imyidagaduro - 12/07/2025 9:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Mani Martin na Impakanizi batunguye Bill Ruzima mu gitaramo cye cyitabiriwe n'ibyamamare- AMAFOTO

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki 11 Nyakanga 2025, umuhanzi Bill Ruzima yakoze igitaramo cye cya mbere i Kigali kuva avuye gutura mu Budage. Cyabereye ahitwa Kamahwa i Nyarutarama, kitabirwa n’abafana benshi barimo ibyamamare bitandukanye ndetse n’abanyamahanga baba mu Rwanda.

Iki gitaramo yise “Cy’Imana Concert”, cyari icyihariye mu mateka ye y’umuziki. Si uko yari amaze igihe ataririmba imbona nkubone imbere y’Abanyarwanda gusa, ahubwo cyanabaye ubwa mbere umuryango we witabiriye igitaramo cye kuva atangiye urugendo rw’umuziki.

Muri iri joro ry’amarangamutima, Bill Ruzima yatunguwe bikomeye n’abahanzi babiri bamuteye ishema n’igitinyiro: Mani Martin na Impakanizi. Bombi bamusanze ku rubyiniro batabiteguriwe, bararirimbana indirimbo nka Rwagasabo, Zuba Ryanjye, Akagezi ka Mushoroza, Igabe, n’izindi.

Mu ijambo ryuje amarangamutima, Bill yavuze ko Mani Martin yamubereye nk’umuvandimwe, agira uruhare runini mu rugendo rwe rwa muzika. Yagize ati: “Navuga ko yambereye ikiraro. Imana yaramukoresheje. Ndagushimira imbere y’abantu. Nawe ni intumwa y’Imana.”

Yunzemo avuga ko Impakanizi ari umwe mu bamwigishije kuririmba injyana gakondo ubwo baririmbaga, amwereka uburyo bushya bwo gutekereza ku muziki.

Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’ibyamamare bikomeye mu Rwanda no hanze yarwo barimo: umuraperi Mistaek, umuririmbyi Andy Bumuntu, umusizi Rumaga, umuramyi Uwitonze Clementine (Tonzi), Neema Rehema uherutse gusohora EP nshya, Drake wo mu itsinda Active, Ras Kayaga, wamamaye mu ndirimbo Maguru, Muligande Jacques [Mighty Popo] uyobora Ishuri rya muzika rya Nyundo, n’abandi benshi.

Bill yanahamagaye Neema Rehema ku rubyiniro, baririmbana indirimbo imwe, banatangaza ko bari gutegura kuyisubiramo mu buryo bushya mu minsi iri imbere.

Yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane zirimo Imana y’abakundana, Mu nda y’Isi, Abana bari imuderi n’izindi. Uburyo yazishyizeho amarangamutima bwatumye benshi mu bari aho bumva uburemere bw’inkuru buri ndirimbo ivuga.

Bill Ruzima yagaragaje ishimwe rikomeye ku bantu bose bamushyigikiye, abamuhaye urubuga, abamugiriye inama ndetse n’abakomeje kumuba hafi no mu gihe yari hanze y’igihugu.

Kwinjira muri iki gitaramo byari ibihumbi 25 Frw, kikaba cyarabaye ishusho y’urugendo rwe mu muziki ruyobowe n’icyizere, ukwemera n’impano ishikamye yifitemo.


Bill Ruzima ku rubyiniro rwa “Cy’Imana Concert” i Kigali nyuma y’imyaka myinshi aba hanze y’igihugu


Impakanizi na Mani Martin ubwo batunguraga Bill Ruzima bakamusanga ku rubyiniro mu gitaramo cye cy’amateka 

Abitabiriye “Cy’Imana Concert” barimo ibyamamare n’abanyamahanga, bose bishimiye impano ya Bill Ruzima


“Imana yaramukoresheje.” – Bill Ruzima ashima Mani Martin wamubereye ikiraro mu muziki -Aha yari kumwe na Ras Kayaga


Umusore wa Yemba Voice agarutse mu gitaramo cyuzuyemo amarangamutima n’ishimwe

Umusizi Rumaga mu ruhando rw’abashyigikiye igitaramo cya Bill Ruzima, agaragaza ko umuziki n’ubuvanganzo bihurira ku mbaraga z’ijambo

Andy Bumuntu yitabiriye Cy’Imana Concert, ashimira Bill Ruzima ku muziki wuje ubuzima n’amarangamutima 

Mistaek na Drake (Active) mu gitaramo, banerekana ko urungano rushyigikira impano zifite intego 

Abakunzi ba muzika n’inshuti za Bill Ruzima bafashe amafoto n’amashusho y’urwibutso muri “Cy’Imana Concert” igitaramo cyasize amateka

Neema Rehema aherutse gushyira ku isoko Extended Play (EP) ye yise "We Chapter 1"



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...