Joel Luongwe witegura guhuriza Abaramyi Nyafurika mu gitaramo arahamagarira abantu kwegera Imana - VIDEO

Iyobokamana - 11/07/2025 5:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Joel Luongwe witegura guhuriza Abaramyi Nyafurika mu gitaramo arahamagarira abantu kwegera Imana - VIDEO

Umuramyi w’inararibonye ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joel Luongwe, yasohoye indirimbo nshya yise “Je Suis Là” (mu Kinyarwanda bivuze ngo “Ndi hano”), ishingiye ku ijambo ry’Imana riboneka muri Zaburi 84:11. Ni indirimbo irimo ubutumwa buhambaye bwo kwizera no kwibutsa abantu ko Imana ihora ihari kandi ari iyo kwizerwa.

Iyi ndirimbo ni igice cy’ibigize gahunda y’ivugabutumwa Wonders of Worship, igikorwa cyagutse gihuza abaririmbyi b’indirimbo zo guhimbaza Imana bo mu bihugu bitandukanye by’Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati.

Joel Luongwe, umugabo w’abana batanu, yatangiye umurimo w’ivugabutumwa mu 2002. Yamenyekanye cyane mu 2017 ubwo yasohoraga album ye ya mbere yise “Grand Dieu”, yatangije urugendo rwo kugarura ishusho nyayo yo gusenga no guhimbaza Imana mu rusengero.

Kuri ubu, Joel abarwa mu bahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana bafite ijwi rikomeye muri Afurika yo hagati, ndetse akunze kwitabira ibiterane bikomeye by’ivugabutumwa mu bihugu binyuranye.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Joel yagize ati: “Uyu ni umuhamagaro w’Imana. Icyo dushaka ni ugusubizaho ishusho nyayo yo gusenga mu rusengero, tugahimbaza izina rya Yesu Kristo.”

Mu ndirimbo “Je Suis Là”, Joel yafatanyije n’umuramyi w’umunya-Congo uzwi cyane, Michael Manya, wamamaye mu ndirimbo “Emmanuel” imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 10 kuri YouTube.

Igitaramo Worship Wonders, byitezwe ko kizahuza abaramyi bakomoka muri Kenya, u Rwanda na Congo. Indirimbo “Je Suis Là” ni nk’intangiriro y’uru rugendo rwo gusenga rwatangiye gutanga ubuhamya butandukanye mu mitima y’abantu.

Ubu iyi ndirimbo iraboneka ku mbuga zose zicururizwaho umuziki nka Spotify, Apple Music, YouTube na Boomplay. Kuva yasohoka, “Je Suis Là” imaze gutera benshi imbaraga no kubagarura ku Mana, haba muri Afurika ndetse no ku isi hose.

Joel Luongwe uri mu baramyi bubashywe muri Congo yahamagariye abantu kurushaho kwegerana n'Imana mu ndirimbo nshya

Ni indirimbo yakoranye na Michael Manya

Joel ari gutegura igitaramo gikomeye azahurizamo abaramyi bo ku mugabane wa Afurika harimo n'abo mu Rwanda

REBA HANO INDIRIMBO "JE SUIS LA" 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...