Uyu
muhanzi yabwiye InyaRwanda ko umuhango wo guhamya isezerano rye n’umukunzi we
imbere y’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda, wabereye mu Murenge wa Kinyinya,
kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Nyakanga 2025.
Uyu
muhango wabaye icyumweru kimwe mbere y’ubukwe bwabo nyirizina, buteganyijwe
kuba ku wa Gatandatu, tariki 19 Nyakanga 2025, mu karere ka Nyanza mu Majyepfo
y’u Rwanda.
Ni
ubukwe bwitezweho byinshi cyane cyane ko bubahuza nk’abantu bafite amazina azwi
muri sosiyete, cyane cyane mu ruganda rw’umuziki wa gakondo.
Charles
Uwizihiwe asanzwe abarizwa mu Bubiligi, aho akorana umuziki na mugenzi we
Lionel Sentore, ariko yahisemo ko ubukwe bubera mu Rwanda.
Nk’uko
bigaragara mu butumire bwabo, hari ibikorwa bitatu bikomeye biteganyijwe ku
munsi w’ubukwe. Saa 10:00 AM: Gusaba no gukwa bizabera i Nyanza mu Rukari.
Saa
2:00 PM: Gusezerana imbere y’Imana muri Enihakore Pentecoste Church, ni mu gihe
guhera Saa 4:00 PM, abatumiwe bazakirirwa mu birori bizabera i Nyanza mu Rukari.
Ubutumire
bwatanzwe mu Kinyarwanda n’Icyongereza, bukagaragaza uburyo uyu munsi uteguwe
mu buryo buhuje umuco, imyizerere n’icyubahiro ku miryango yombi.
Charles
Niyonzigiyie ni umwe mu bahanzi bakomeje kwigaragaza mu guteza imbere umuco
nyarwanda binyuze mu muziki. Azwi cyane nk’umwe mu baririmbyi b’itsinda
Ingangare, rifatanya n’umuhanzi Lionel Sentore mu ndirimbo zifite ishingiro mu
muco nyarwanda.
Bimwe
mu bihangano byabo byakunzwe cyane harimo: Imena bakoranye na Cecile Kayirebwa,
Rayon Sport yacu Kamananga bakoranye na Daniel Ngarukiye, Ndaza, Nzataramana na
nde, n’izindi.
Itsinda
Ingangare rishimwa uburyo ritanga ubutumwa bwubaka, rikifashisha umudiho wa
gakondo n’indirimbo zifite insanganyamatsiko zijyanye n’ubuzima, urukundo,
umuco n’amateka.
Urukundo
rwa Charles na Joséé rugaragaramo gukura no kwitonda, aho ibikorwa byose
babiteguye mu mucyo no ku mugaragaro. Gusezerana imbere y’amategeko byabaye
indi ntambwe y’ingenzi mbere yo gushyingiranwa imbere y’Imana no kwiyerekana
imbere y’imiryango n’inshuti.
Charles
Uwizihiwe amaze iminsi mu Rwanda ategura ubukwe; ndetse hari amakuru avuga ko
azataramana na Lionel Sentore mu gitaramo cye ‘Uwangabiye Live Concert’
kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali,
tariki 27 Nyakanga 2025.
Ni igitaramo uyu muhanzi azahuriramo na bagenzi be barimo Itorero Ishyaka ry’Intore, Ruti Joel ndetse na Jules Sentore.
Charles Niyonizigiye umuririmbyi uzwi mu itsinda Ingangare aririmbana na Lionel Sentore, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Joséé Uwineza (Jojo)
Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, aba bombi bazakora ubukwe tariki 19 Nyakanga 2025, mu muhango uzabera i Nyanza mu Rukari
Charles
Uwizihiwe ari mu bahanzi bzaririmba mu gitaramo cya Lionel Sentore kizaba
tariki 27 Nyakanga 2025
KANDA
HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘IMENA’ INGANGARE BAKORANYE NA KAYIREBWA