RFL
Kigali

AS Kigali yabaye ikipe ya kabiri ipimishijije abakinnyi bayo Coronavirus

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:5/10/2020 19:05
0


Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 5 Ukwakira 2020 ni bwo ikipe ya As Kigali yateye ikirenge mu cya APR FC ipimisha abakinnyi bayo bose mbere y'uko berekeza mu mwiherero. Ni igikorwa cyabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.



Tariki 28 Nzeri ni bwo Minisiteri yatangaje ko imikino yemerewe gusubukurwa ariko hakubahirizwa ingamba zashyizweho zirimo no gupimasha abakinnyi ubundi bagashyirwa mu mwiherero arinaho bazajya bava bagiye mu myitozo. APR FC na As Kigali, zahise zifata iya mbere kuko ari nazo zizahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Mu kiganiro InyaRwanda.com yagiranye n’umunyamabanga wa AS Kigali Gasana  Francois yadutangarije ko abakinnyi bose bapimwe usibye abakinnyi batatu gusa. Yagize ati ”Umwiherero uzatangira kuri uyu wa Gatatu abakinnyi babe hano i Nyamirambo kandi bose bazahita batangira imyitozo kuri uwo wa Gatatu. Abakinnyi tutapimishije ni batatu gusa harimo Alex Orotomal, Shabani Hussein ndetse na Kwizera Pierrot bose batari mu Rwanda”.


Nyuma yo gupimwa As Kigali izahita ijya mu mwiherero ku wa Gatatu

Ikipe ya As Kigali igomba kwitegura hakiri kare kuko yo na APR FC zizahagararira u Rwanda mu mikino nyafrica y’amakipe yitwaye neza iwayo, ikazamenya ikipe bizahura mu kwezi ku Ugushyingo 2020.


As Kigali igomba guhagararira u Rwanda 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND