RFL
Kigali

Sweden: Trim Binnex ufite inzozi zo kuzamura ibendera ry’u Rwanda i mahanga yashyize hanze indirimbo 'Nimutwike'-YUMVE

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:30/09/2020 14:26
0


Umuhanzi uri gukora cyane muri muzikia Nyarwanda, Ntwali Ashraf (Trim Binnex), nyuma y’igihe gito yari amaze asohoye indirimbo yise “Don’t Let Me”, ubu yasohoye iyitwa “Nimutwike” ibyinitse cyane ikaba yasusurutsa abantu mu buryo bukomeye.



Twaganiriye nawe adutangariza byinshi kuri muzika ye n’ahazaza he. Uyu muhanzi uba mu gihugu cya Sweden, yemeza ko impano afite azayibyaza umusaruro akazamura ibendera ry’u Rwanda i mahanga muzika Nyarwanda ikamenyekana.


Trim Binnex w'imyaka 22 akora injyana zitandukanye zirimo; Dancehall, Afrobeat,R&B, Reggeaton. Yemeza ko afite imishinga myinshi muri muzika kugira ngo akomeze kwerekana ko ashoboye.

Mu mwaka wa 2019, nibwo yatangiye kumenyekana ubwo yashyiraga hanze indirimbo yise “Vanilla” yafatanije n’umuhanzi Mr Light, iyi ndirimbo yari mu njyana ya Dancehall. N indirimbo yakunzwe cyane mu Burundi dore ko yahatanye muri Top 10 kuri BE TV Burundi.

Trim Binnex, ku gitekerezo cyo gukora “Nimutwike”, yavuze ko we yumvaga agomba guha ibyishimo Abanyarwanda n’abandi bakunda umuziki, abakunda ibirori bayibyina igasusurutsa imbaga y’abantu. Uyu muhanzi yashimangiye ko ari kwitegura izindi ndirimbo azageza kubakunzi be mu minsi ir’imbere.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO “NIMUTWIKE” YA TRIM BINNEX






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND