RFL
Kigali

Nigeria: Umugore ubana n'abagabo 2 mu nzu imwe yavuze itandukaniro abonamo-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:29/09/2020 12:13
1


Ni gacye cyane uzasanga hari abagore bafata imyanzuro yo gushaka abagabo 2, ariko umugore ukomoka mu gihugu cya Nigeria witwa Brisbane yerekanye ko we yashatse abagabo babiri kandi ari umunyenga w’ibyishimo abamo kurenza uko yari gushaka umugabo umwe.



Ibimenyerewe ni uko umugabo ashobora gushaka n’abagore benshi yewe yanageza no ku bagore 50 kandi abantu ntibatungurwe bitewe n’ubushobozi afite, ariko umugore wemeye kubana n’abagabo barenze umwe mu nzu  ubyumvise wese yibaza byinshi ku mibanire yabo.


Uyu mugore Brisabane yagiye ku rukuta rwe rwa Twitter yerekana ko kubana n’abagabo 2 biruta kubana n’umugabo umwe

Kuri Twitter yashyizeho amafoto ari kumwe n’abagabo be babiri maze mu magambo make ati: “Kurongorwa n’abagabo 2 biruta kurungorwa n’umugabo umwe". Ubuhake muri Nigeria ni hamwe mu hantu bukigaragara, hari uwibajije ukuntu umugabo yemera gusangira umugore n’undi akemeza ko ari ufite umutima ukomeye.

Ikigaraga ni uko mu mafoto aba bose, umugore n’abagabo babiri, baba berekana ibyishimo iyo bari kumwe, abagabo baba bameze nk’impanga, ibi byakwerekana ko bashobora kuba babanye neza mu nzu.



Umugore wo muri Nigeria avuga ko ntako bisa kubana mu nzu n'abagabo babiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rwemera Patrice3 years ago
    NtishobokamuRwanda





Inyarwanda BACKGROUND