RFL
Kigali

Kim Kardashian yahinyuje ibihuha byavugaga ko agiye gutandukana n’umugabo we Kanye West

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:28/09/2020 11:28
0


Kim Kardashian yahinyuje ibihuha byari bimaze iminsi bivugwa ko ari hafi gutandukana na Kanye West, nyuma yo kugaragara ari kumwe n’umugabo we mu bukwe bw’inshuti zabo bishimanye.



Nyuma y’inkuru zitandukanye z’ibihuha zari zimaze iminsi zivugwa ko Kim Kardashian yaba agiye kwaka gatanya agatandukana n’umugabo we Kanye West, Kuwa Gatandatu w’icyumweru dusoje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, uyu mugore yahinyuje aya makuru ubwo yashyiraga amafoto n’amashusho ku rukuta rwe rwa Instagram amugaragaza we n’umugabo we bari mu bukwe bw’inshuti zabo.

Ku mafoto n’amashusho Kim Kardashian yasangije abakunzi be ku rukuta rwe rwa Instagram ubwo yari yasohokanye na Kanye West mu bukwe bw’inshuti zabo kuwa Gatandatu w’icyumweru dusoje. Imwe mu ifoto yasangije abakunzi be yagaragazaga ibirenge bye n’ubyu mugabo we ndetse ifoto ayiherekesha amagambo ati:’Date night’ bishatse kuvuga ngo ‘Ijoro ryo kurambagizanya’. Andi mafoto atandukanye yasangije abakunzi be yagaragazaga ibinyobwa n’amafunguro yafataga ubwo yari muri ibi birori ndetse n’ifoto igaragaza abo bari batahiye ubukwe.

Instagram

Imwe mu ifoto yasangize abakunzi be

Couple

Ifoto yasangije abakunzi be igaragaza inshuti zabo bari batahiye ubukwe

Mu mashusho yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram atagaragazaga mu maso y’umugabo we ubwo bari muri ubu bukwe byagaragaraga ko aba bombi bishimanye. Kim Kardashian na Kanye West bagaragaye muri ibi birori by’inshuti zabo mu mugi wa Los Angeles nyuma y’uruzinduko Kanye West aherutse kugirira mu gihugu cya Haiti, akaba yari yagiyeyo wenyine atari kumwe n’umugore we.

Mu mashusho Kanye West aherutse gushyira ku rukuta rwe rwa Twitter yagaragazaga ubwo yari yari mu birori muri Haiti. Kanye West amakuru avuga ko yageze muri Haiti nyuma yo kuva muri Jamaica. Muri Haiti yahuye na Perezida w’icyi gihugu Bwana Jovenel Moise ndetse anamutembereza bimwe mu bice bigize igihugu.

Kanye West ntabwo yasobanuye impamvu nyamukuru y’uruzinduko rwe muri Haiti, gusa mu butumwa butandukanye yashyize ku rukuta rwe rwa Twitter kuwa gatandatu w’icyumweru dusoje, yavuze ko akunda iki gihugu kubera amateka yacyo. Yagize ati: ”Haiti niho abantu bacu batangiriye impinduramatwara ya mbere yo kutuvana mu bucakara”.

Haiti

Haiti
Kanye West aherutse kugirira uruzinduko muri Haiti

Inkuru nyinshi mu minsi ishize zavugaga ko umubano wa Kim Kardashian n’umugabo we utameze neza ndetse ko Kim ari hafi kwaka gatanya. Nyuma nabwo amakuru yavugaga ko Kanye West asigaye aba muri leta ya Wyoming wenyine ariko nk'uko Kim yabigaragaje bigaragara ko bameranye neza. Aba bombi bamaze imyaka itandatu bashakanye bakaba banafitanye abana bane ari bo: North (7), Saint (4), Chicago (2) na Psalm (amezi 16).

Src: Daily Mail

  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND