RFL
Kigali

Canada: Umuraperi Armanie yashyize hanze indirimbo 'Sigaho' yigisha ko kwigira bihesha agaciro-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:26/09/2020 14:41
0


Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop, Armanie usanzwe uba mu gihugu cya Canada yashyize hanze indirimbo nshya yise “Sigaho” irimo amagambo yigisha rubanda kwigira muri byose kuko ak'imuhana kaza imvura ihise.



Uyu muraperi ufite inzozi zo kuzamura ibendera ry’u Rwanda i mahanga muri muzika, avuga ko umuziki ari kimwe mu bintu akunda cyane kandi yishimira. Mu kiganiro na INYARWANDA.COM, Armanie yatangaje ko afitiye byinshi abakunzi ba muzika ye bityo abasaba gukomeza gukunda ibihangano bye.

Niyonsenga Jean Claude Armand (Armanie), ni umunyarwanda uba Canada mu mujyi Halifax. Yageze murui Canada agiye kongera ubumenyi nk’umunyeshuri. Afite indirimbo 5 zikoze mu buryo bw’amajwi n’amashusho. Izi ndirimbo zirimo; “Rurarya”,”ivu rihoze”, ”Akadasohoka” (Indirimbo yakunzwe na benshi), “Make It Higher”, na “Sigaho” imwe mu ziri gukundwa n’abatari bake.


Armanie, avuga ko afite imbaraga kandi ashoboye ibituma umuziki w’u Rwanda azawugeza kure kandi hashoboka, yagize ati: “Nkora muzika kandi nziza benshi barabizi, nifuza ko umuziki nzawukorana imbaraga no gutanga ubutumwa bwiza kuri rubanda. Iki ni kimwe mu byateza umuziki imbere, icyo nabwira abantu bakunda umuziki wanjye, ni uko ntazigera mbateguha, ndi gukora ibihangano byiza kandi byinshi". 

Ndashaka gutangira gukorana n’amazina akomeye mu muziki wacu kugira ngo nkomeze gushyira umuziki wajye ku rundi rwego. Ubu natangiye gukora ku bihangano nzasohora mu 2021. Ibi bizafashaka kuticisha abakunzi banjye irungu na rimwe, icyo mbasaba nabo ni ugukomeza kunshyigikira mu bikorwa byanjye bya buri munsi kuko ni bo bazajya batuma ndushaho gukora cyane”.


Umuraperi Armani kandi yishimira aho muzika Nyarwanda igeze akemeza ko u Rwanda rufite abahanga mu bya muzika, abahanzi bari kuzamuka neza kandi b’abahanga n’uburyo abakunda umuziki Nyarwanda bawakira. Ibi bimutera imbaraga kandi abenshi bamwereka ko bamushyigikiye.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO SIGAHO YA ARMANIE


 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND