RFL
Kigali

Mwishywa wa Pablo Escobar yavumbuye agera kuri miliyoni $18 mu nzu Nyirarume yabagamo

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:25/09/2020 15:10
0


Mwishywa wa Pablo Escobar wamenyekenye cyane mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge yatangaje ko yavumbuye miliyoni $18 zari zihishe mu rukuta rw’imwe mu nzu Nyirarume yabagamo



Nicolas Escobar mwishywa w’umugabo wamenyekanye cyane mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge yatangaje ko yavumbuye agera kuri miliyoni $18 ziri mu gishashi cya purasitiki, mu rukuta rwimwe mu nzu za Nyirarume mu mugi wa Medellin muri Colombia.

Uyu mugabo ubwo yaganiraga n’igitangazamakuru cyo muri Colombia yavuze ko atari ubwa mbere avumbuye amafaranga muri tumwe mu duce dutandukanye Nyirarume yabagamo yihisha inzego zishinzwe umutekano, ndetse byavugwaga ko Pablo Escobar yahishaga ama miliyoni y’amadorali mu duce dutandukanye.

Nicolas Escobar

Nicolas Escobar mwishywa wa Pablo Escobar

Nicolas Escobar yabwiye imwe muri Televiziyo zo muri Colombia ko aha yakuye aya mafaranga yahasanze imashini ikoreshwa mu kwandika inyandiko (Typewriter), telephone zikoreshwa na satellite, ikaramu ikozwe muri zahabu, kamera n’agakoresho yashyirwa muri camera (Film Roll).

Medellin

Bimwe mu bikoresho byasanzwe mu nzu yari iya Pablo Escobar

Yakomeje avuga ko ubwo yabaga yicaye muri iyi nzu yahoze ari iya Nyirarume, yumwaga impumuro idasanzwe mu nzu. Ubwo yabonaga aya mafaranga Nicolas yavuze ko yasanze zimwe mu note zarangiritse ndetse zitanagikoreshwa ubu. Nicolas yari amaze imyaka itanu aba muri iyi nzu.

Escobar byavugwaga ko yigeze kuza ku mwanya wa karindwi mu bantu bakize ku isi aho umutungo we wabarirwaga agera kuri miliyali $30 ni ukuvuga agera kuri miliyari $59 muri iyi minsi. Pablo Escobar mu gihe cye ku bufatanye n’agatsiko k’amabandi n’abacuruzi b’ibiyobyabwenge ka Medellin Carter, niwe wagenzuraga 80% ya Cocaine yinjizwaga muri leta zunze ubumwe za Amerika.

Pablo Escobar

Pablo Escobar wamenyekenye nk'umucuruzi w'ibiyobyabwenge 

Pablo Escobar yatangiye ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge mu myaka 1970s aho yatangiye afatanyize n’agatsiko k’abacuruzi b’ibiyobyabwenge ka Medellin Carter yari abereye umuyobozi. Uretse ubu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge yakoraga, uyu mugabo yari azwi cyane muri Colombia aho yateraga inkunga ibikorwa bitandukanye byo gufasha ndetse akanafasha amakipe y’umupira w’amaguru.

Nyuma ariko Escobar yagiye avugwaho kugira uruhare mu bitero by’ubwicanyi byahitanye abantu ibihumbi byaje no gutuma rubanda rutangira kumurwanya. Mu Mwaka 1991, Escobar yatawe muri yombi afungirwa muri gereza yari yariyubakiye ku giti cye yari yarahawe akazina ka “Cathedral” aho nyuma yo kuyifungirwamo yakomeje ibikorwa bye byo gucuruza ibiyobyabwenge afatanyije n’agatsiko ka Medellin Cartel.

Pablo Escobar wari warahawe izina ry’umwami wa Cocaine (King of Cocaine) yapfuye arashwe na Polisi mu mwaka 1993 nyuma y’imyaka yihisha inzego zishinzwe umutekano za leta ya Colombia.

Src: BBC & The Sun

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND