RFL
Kigali

Bayisenge Emery yakomereje ubuzima muri As Kigali

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:24/09/2020 7:44
0


Myugariro w'ikipe y'igihugu Bayisenge Emery yamaze gusinyira ikipe ya As Kigali amasezerano y'umwaka umwe yitangira iyi kipe iterwa inkunga n'umujyi wa Kigali.



Mu gukomeza imyiteguro yo kuzitwara neza mu mikino nyafurika As Kigali izitabira, Emery Bayisenge abaye umukinnyi wa kabiri w'umunyarwanda usinyishijwe avuye hanze y'igihugu uwaheruka ni Hakizimana Muhadjiri. As Kigali nyuma yo kugura Bayisenge Emery, ubu ifite ba myugariro biteguye gukina bagera kuri batatu harimo Rurangwa Moss, Emery Bayisenge ndetse na Bishira Latif.


Bayisenge yasinyiye abanyamujyi amasezerano y'umwaka umwe

Muri Mutarama 2019 nibwo Emery Bayisenge yerekeje muri Bangladesh mu ikipe ya Saif Sporting Club, ari nayo avuyemo agaruka mu Rwanda. Bayisenge kandi asanze abandi bakinnyi b'abanyarwanda bari kugaruka mu Rwanda nka Sibomana Patrick, Tuyisenge Jacques, n’abandi batandukanye

Emery Bayisenge yagiriye ibihe byiza mu Rwanda, kuko yahakiniye amakipe atandukanye nka Amagaju FC (2010-2011), Isonga (2011-2012) APR FC (2012-2016), nyuma yerekeza hanze y’u Rwanda muri KAC Kenitra (2016-2018) na JS Massira (2017-2018) mbere yo kujya muri USM Alger (2018-2019).


Bayisenge Emery asanzwe ari myugariro w'Amavubi







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND