RFL
Kigali

Juba: Raporo y'Umuryango w'Abibumbye iragaragaza uko inyerezwa ry'imari ya leta ryahawe intebe

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:24/09/2020 7:07
0


Raporo y’akanama k’ Umuryango w’ Abibumbye wita ku Burenganzira bwa Muntu ikomeje gutunga agatoki abayobozi bakuru ba Sudani y’Epfo mu kunyereza imari ya leta. Iyi raporo isohotse nyuma y’icyumweru gusa perezida Salva Kiir yirukanye ku mirimo bamwe mu bayobozi bakuru abaziza gukoresha gukoresha imitungo ya leta mu nyungu zabo.



Kuri uyu wagatatu ni bwo hasohotse raporo y’akanama k’ Umuryango w’ Abibumbye wita ku Burenganzira bwa Muntu yerekana ko abayobozi bakuru banyereje angana na miriyoni $36. Aya mafaranga yanyerezwe avanywe mu mutungo w’igihugu ndetse no mu nkunga z’amahanga. N’ubwo ari abayobozi bushyirwa mu majwi, iyi raporo yatunze agatoki amabanki mpuzamahanga ndetse n’ibigo by’ishoramari dore ko na byo bishyirwa mu majwi mugufasha aba banyereza imari ya leta.

Nkuko byagarutsweho ruguru, iyi raporo ije nyuma y’iminsi 6 gusa perezida Salva Kiir yirukanye bamwe mu bayobozi bakuru ku mirimo. Mu cyumweru gishize perezida wa Sudan y’Epfo yasezereye ku mirimo minisiteri wari ufite igenamigambi mu nshingano ze, umuyobozi w’ikigo cy’imisoro n’amahoro kimwe n’umuyobozi warushinzwe ibigo bya leta bishinzwe gutunganya peterori muri iki gihugu (Nil Petroleum Corporation).

Umuyobozi w’aka kanama k’ Umuryango w’ Abibumbye wita ku Burenganzira bwa Muntu muri Suda y’Epfo, Madamu Yasmin Sooka yatangarije igitangazamakuru Aljazeera ko aka kayabo kanyerejwe kuva mu mwaka wa 2016. Uyu muyobozi w’aka kanama yakomeje agira ati:” birababaje kubona bimwe mu bigo mpuzamahanga by’imari byarafashije abanyereza amafaranga ya Leta kuyiguramo imitungo hirya no hino ku isi!”. Sooka yongeyeho ko aya miriyoni $36 atarizo zanyerejwe gusa ahubwo ni uko ari zo zashoboye kuvumburwa n’ubugenzuzi.

Sudan y’Epfo ni igihugu gikomeje kugorwa n’inzira yo kukwiyubaka nyuma y’intambara yakiyogoje mu gihe cy’imyaka igera kuri 6. Iyi ntambara yahitanye abasaga ibihumbi 380 abandi ibakura mu byabo. Iyi ntambara ishingiye ku moko n’impamvu za poritiki yasize ubukungu bw’iki gihugu bujegajega ku rwego rukomeye.

Augustino Ting Mayai, Umunya-Sudan akaba n’impuguke mu by’ubukungu; ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Anadoulu Agency, yatangaje ko guhindura abayozi atari wo muti ku bibazo by’ubukungu iki gihugu gifite. Kuri we ashyigikiye ko habaho amavugururwa mu bigo bitungwa agatoki hanyuma bikabona gushakirwa abayobozi babibereye.

Abayobozi bakuwe ku mirimo yabo harimo minisiteri Salvator Garang Mabiordit, Chon Thon Deng Abel wari umuyobozi wa Nil Petroleum Corporation ndetse na Erjok Bullen Geu wari umuyobozi w’ikigo cy’imisoro n’amahoro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND