RFL
Kigali

Yatsimburiye i Bugesera aviramo i Remera! Urugendo rwa Sadate mu mezi 14 yayoboye Rayon Sports

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:23/09/2020 20:00
0


Munyakazi Sadate yabaye Umuyobozi Mukuru wa Rayon Sports kuva tariki 14 Nyakanga 2019 kugeza 22 Nzeri 2020 ubwo Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere rwahagarikaga komite yose ya Rayon Sports. Munyakazi yakoze ibikorwa byinshi bitandukanye yerekana imishinga yateza imbere Rayon Sports n'ubwo agiye imwe atayigezeho.



“Mfashe uyu mwanya nshimira abo twabanye mu rugendo rwo kubaka Rayon Sports y’umwuga kandi ikorera mu mucyo, ntabwo byoroshye ariko byari bikwiriye. Icyo nsabye umukunzi wa Rayon wese ni uguharanira ubumwe bwacu kandi tukazashyigikira ubuyobozi bushya kugira ngo bwuse ikivi cyatangiwe. Moïse (Musa) yambukije aba Israël Inyanja Itukura ariko ntiyageze mu gihugu cy’isezerano gusa yakirebesheje amaso ye, ibyiza biri imbere. Buri munsi Rayon Sports.” 

Aya magambo yakoreshejwe na Munyakazi Sadate, ubwo yari amaze guhagarikwa ku buyobozi bwa Rayon Sports.  Ni amagambo agendeye ku nkuru ya Mose uvugwa muri Bibiliya mu gitabo cyo Gutegeka kwa kabiri 32:48;52.

Haravuga ngo "Uwo munsi Uwiteka abwira Mose ati "Zamuka uyu musozi wa Nebo wo mu misozi ya Abarimu, uri mu gihugu cy'i Mowabu ahateganye n'i Yeriko, witegereze igihugu cy'i Kanani mpa Abisirayeli ho gakondo, upfire kuri uwo musozi uzamutse, usange ubwoko bwawe nk'uko Aroni mwene so yapfiriye ku musozi Hori, agasanga ubwoko bwe”.

Mu nteko rusange yabereye mu karere ka Bugesera mu murenge wa Nyamata mu kigo cy’imikino cya Nyamata basanzwe bita ’Tuza Inn’, n ibwo Munyakazi Sadate yatorewe kuyobora Rayon Sports byari tariki 17 Nyakanga 2019.


Munyakazi ubwo yari amaze gutorerwa kuyobora Rayon Sports

Munyakazi ubwo yinjiraga muri Rayon Sports, yibanze cyane ku mikorere iciye mu mucyo, agena ko abakunzi b’iyi kipe bazajya bagaragarizwa uko umutungo w’ikipe ukoreshwa umunsi ku wundi. Kuva icyo gihe ni bwo hagiye hatangazwa amafaranga yavuye kuri buri mukino.

Mu mezi ya mbere y’ubuyobozi bwe, yasinye amasezerano y’ubufatanye na sosiyete zirimo; Mogas, Ritco, Gas Oil, La Palisse n’izindi. Ibi byagaragazaga gutekereza cyane, ikipe ikaba yagira aho ishingira by’igihe kirekire.

Ikindi cyagaragaje itandukaniro mu miyoborere ye n’abandi bamubanjirije, ni uko yitaye ku mishinga y’igihe kirekire, kurusha uko ubundi Rayon Sports yabaga ari ikipe ishaka intsinzi y’ejo gusa aho kureba n’ahazaza.

Tariki 16 Ugushyingo 2019 ni bwo Rayon Sports yashyize hanze igishushanyo mbonera cya Sitade yagombaga kwakira abantu bagera ku bihumbi 64 ikazatwara Miliyoni 100 z'amadorari. Munyakazi Sadate yatangaje ko iyi Sitade ikeneye ubuso bungana na 13.5 z'ubutaka, kandi bakaba bifuza ko mu myaka ibiri yazaba yamaze gushyirwaho ibuye ry'ifatizo ahazubakwa iyi Sitade.

Igishushanyo mbonera cya Gikundiro stadium

Munyakazi kandi yatangaje ko iyi Sitade itazaba ari iy'umuyobozi wa Rayon Sports. Ati: "Iyi sitade si iya Perezida, si Sitade ya komite, ni Sitade y'abakunzi ba Rayon Sports. Tugiye kwegera abatwemereye ubutaka tubagezeho umushinga. Turashaka ko iba Sitade ya mbere muri EAC ni yo mpamvu tugomba gushyira hamwe".

Tariki 29 Gicurasi 2020 Munyakazi yemejwe n'ikigo cy'igihugu gishinzwe imiyoborere RGB ko ari we uhagarariye Rayon Sports mu mategeko. Ibi byari bije nyuma y'iminsi muri Rayon Sports havugwa ibibazo bijyanye n'imiyoborere y'iyi kipe byatumye haniyambazwa urwego rw'igihugu rw'Imiyoborere, RGB.

Umukinnyi mwiza azakina mu ikipe nziza: 

Tariki 24 Nyakanga 2020 ubwo yari abajijwe ku Makuru ya Hakizimana Muhadjri niba yaramaze gusinyira Rayon Sports, uwahoze ari umuyobozi wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate yatangarije Radio Rwanda ko umukinnyi mwiza agomba gukina mu ikipe nziza. Ati: "Umukinnyi mwiza akina mu ikipe nziza ku kigero cya 90%, Hakizimana Muhadjiri azakinira ikipe ya Rayon Sports kuko ni umukinnyi mwiza twifuza gutunga". Gusa nyuma y'ibi byaje kurangira Hakizimana Muhadjiri yerekeje mu ikipe ya AS Kigali.


Muvunyi Paul wambaye isaha ni we Munyakazi yasimbuye 

Tariki 25 Gicurasi 2020 Munyakazi Sadate yandikiye Perezida Kagame:

Hari ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020, ubwo uwahoze ari umuyobozi wa Rayon Sports Munyakazi Sadate yandikiye Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame amusaba gukemura ibibazo biri muri Rayon Sports. Ni ibaruwa ndende ari ifite amapaji agera kuri ane.

Tariki 16 Kanama 2020 Munyakazi Sadate yavuze ko atigurisha:

Ku Ruyenzi ahitwa 'Honey to Honey' mu masaha ashyira saa 10:00 za mu gitondo, ni bwo Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwakoze umwiherero n'abakinnyi b'iyi kipe mu rwego rwo kurebera hamwe ubuzima rusange bw'ikipe, kubereka abakinnyi bashya, umutoza no gukemura ibibazo by'abakinnyi.

Aganira na Rwanda Magazine, Sadate Munyakazi  yagarutse ku bivugwa byo kuba yakwegura cyangwa se hari amafaranga yishyuzaga kugira ngo arekuze ikipe. Yagize ati "Munyakazi ntabwo yigurisha. Amafaranga nashyize muri Rayon Sports nayayigurije ku bushake ntabwo rero navuze ko nzarekura ikipe nyasubijwe. Nagiye ku buyobozi ntowe igihe natorewe nikirangira nzahamagaza inteko rusange batore undi ansimbure".

Urugendo rwo kwishyura amadeni

Munyakazi asize ikipe ya Rayon Sports itangiye kwiyura Ivan Minnaert amafaranga asaga miliyoni 13 Rwf bakaba bamaze kumuhaho igice, aya mafaranga yaje ubwo Rayon Sports yirukanaga uyu mutoza mu buryo budakurikije amategeko. Munyakazi kandi asize ikipe ya Rayon Sports igiranye amasezerano na Thierry Hitimana y’uburyo bazamwishyuramo umwenda wari umaze imyaka isaga itanu.

Imodoka y’ikipe 

Imodoka ya Rayon Sports nayo ntiyabaniye ubuyobozi bwariho kuko yakundaga gupfa

Munyakazi asize ikibazo cy’imodoka y’ikipe kidakemutse kuko atabashije kwishyura ideni rya Miliyoni 36 Frw mu gihe cyumvikanywe birangira imodoka  isubijwe mu Akagera Motors yari yarayigurishije ubuyobozi Sadate yasanzeho.

Mu kibuga: Sadate ahagaritswe ataratwara igikombe na kimwe

Rayon Sports yitabiriye amarushanwa agera kuri 5, igikombe cy’Agaciro 2019 yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Mukura. CECAFA Kagame Cup yabereye mu Rwanda mu mijyi 3; Kigali, Huye na Rubavu, Rayon Sports yasezerewe mu mikino ya ¼. 

Imikino ya shampiyona Rayon Sports yarangije ku mwanya wa 2 inyuma ya mukeba wayo APR FC. Imikino y’igikombe cy'Amahoro Rayon Sports nayo yarayitabiriye ariko kubera Coronavirus imikino iraseswa. Mu mikino mpuzamahanga, Rayon Sports yagarukiye mu gace ka mbere. Imikino y’ubutwari, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwanze kuyitabira kubera ubwumvikane buke na FERWAFA ku bakinnyi bagombaga gukoreshwa muri iryo rushanwa.

Abatoza: Sadate yakoresheje abatoza 7 mu mezi 14 yamaze ayobora Gikundiro


Mu marushanwa agera kuri 5 nta gikombe Rayon Sports yegukanye

Iyo ufashe amezi 14 Sadate yayoboye Rayon Sports, usanga yarakoresheje umutoza umwe nibura mu mezi 2, guhera kuri Robertinho, Olivier Ovambe Kayiranga Baptiste Javier Martinez Espinoza, Kirasa Alain  Cassa Mbungo André na Guy Bukasa ubu ufite ikipe. Aba ni abatoza bagera kuri 7 batoje Rayon Sports mu gihe kingana n’amezi 14 Munyakazi yari ayoboye ikipe.

Rayon Sports na Skol

Ubwo Munyakazi Sadate yatangiraga kuyobora Rayon Sports, umubano wayo na SKOL nk’umuterankunga wayo mukuru, wari mwiza. Nyuma, umubano w’impande zombi wajemo agatotsi no gucengana bituma ikipe ibaho mu buzima bugoye. Umuyobozi wa Skol, Ivan Wullfaert, yavuze ko mu gihe Rayon Sports ikiyobowe na Munyakazi Sadate, imikoranire y’impande zombi izagorana. Aha yashingiye ku kuba ku buyobozi bwe nta raporo z’imikoreshereze y’amafaranga zahabwaga uruganda.


Umukino wa nyuma Rayon sports yatsinzwemo na Mukura mu gikombe cy'agaciro

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, cyabereye mu cyumba cy’uruganiriro rwa Kigali Arena, Dr Kayitesi Usta Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere, RGB, yatangaje ko uwari umuyobozi w’Ikipe ya Rayon Sports Munyakazi Sadate na Komite nyobozi yari iyoboye iyi kipe ndetse n’abandi bose bagaragaye mu makimbirane amaze igihe avugwa muri Rayon Sports bahagaritswe. Kuri ubu hategerejwe uzasimbura Munyakazi Sadate muri manda y'inzibacyuho.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND