Mu cyumweru gishize nibwo byatangajwe ko Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika bwana Donald Trump yohererejwe ibaruwa irimo uburezi bwa ricin.Nyuma yahoo iyi baruwa yohereje inzego z’umutekano zatangaje ukekwaho kohereza iyi baruwa yafashwe ndetse akaba afitwe ninzego z’umutekano kugirango hakorwe ipereeza.
Intete z'iki kimera, zikoreshwa mu gukora uburozi bwica bwa ricin
Nyuma yaho umugore wo muri Canada witwa Pascale Ferrier arezwe
n'urukiko rwa leta ya Amerika koherereza Perezida Donald Trump ibaruwa irimo
uburozi bwa ricin yatawe muri yombi ku cyumweru ari kwinjira muri leta ya New
York ku mupaka w'ahitwa Buffalo. Pascale yavuze ko atemera icyaha aregwa cyo
gushaka guhungabanya perezida.
Ibikubiye muri iyi baruwe madamu Pascale Ferrier ashinjwa
koherereza Trump, uwayanditse asaba Bwana Trump guhagarika kwiyamamaza, ariko
harimo na ricin, uburozi karemano buba mu ntete z'ikimera cyo mu bwoko
bw'ibibonobono.Muri iyo baruwa kuri Bwana Trump yari yanditsemo ati:
"Nakuboneye izina rishya: 'Umunyagitugu usa nabi'". FBI ivuga ko kuwa
kabiri ari bwo uregwa yashyikirijwe urukiko i New York.
Iyo baruwa irakomeza iti: "Nizere ko uyikunda. Urasenya
Amerika uyijyana mu kaga. Mfite babyara banjye muri Amerika, rero sinshaka indi
myaka ine muri kumwe nka perezida. Hagarika kujya mu matora."Ibaruwa ivuga
ubwo burozi nk'"impano idasanzwe" kandi ko "nidakora, nzashaka
ubundi buryo nkugezaho uburozi, cyangwa nzakoreshe imbunda yanjye ninshobora
kuza."
Nubwo madamu Pascale Ferrier ahakana kohereza iyi baruwa, FBI
yatangaje ko iyo baruwa iriho ibimenyetso by'intoki (fingerprints) bye.Ndetse
uyu mudamu bikaba bikekwa ko yohereje ubundi burozi nk'ubu ahantu hatanu muri
Texas, harimo muri gereza no mu biro by'umupolisi mukuru nk'uko bivugwa
n'inyandiko z'urukiko.
Nubwo Madamu Pascale Ferrier ashinjwa ibi mu kwezi kwa
gatatu 2019, yafungiwe muri leta ya Texas aregwa kwitwaza imbunda binyuranyije
n'amategeko, n'uruhushya ruhimbano rwo gutwara imodoka nk'uko inyandiko zo muri
gereza zibivuga.Icyo gihe Yoherejwe muri Canada nyuma y'uko abayobozi babonye
ko Visa ye muri Amerika yari yararangiye kandi yahakoze icyaha nk'uko bivugwa
n'ikinyamakuru New York Times.
Kugeza ubu bivugwa ko uburozi bundi yohereje muri leta ya
Texas nta muntu bwagize icyo butwara kuko bwavumbuwe mbere.Ku wa mbere
abapolisi muri Québec basatse inzu ye iri ahitwa Saint-Hubert bavuga ko ibirimo
bihuye n'uregwa.Ubwo yafatirwaga ku mupaka yinjira muri Amerika, yari yitwaje
imbunda, amasasu n'icyuma mu modoka ye.
Src:bbc
TANGA IGITECYEREZO