RFL
Kigali

Marie Josephine Kama umuhanzi washakanye na Perezida ndetse na we akabyara Perezida

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:23/09/2020 8:15
0


Mu mpera za Mutarama mu 1940s ni bwo muri Gabon havutse umwana wa mbere w’umukobwa wari ugiye kwandika amateka. Uyu mwana w’umukobwa yahawe amazina ya Marie Josephine Kama nuko bidatinze aba umugore wa Perezida ndetse na we yibaruka Perezida. Ubwamamare bw’uyu mugore ntibwarangiriye mu kuba umufasha wa Perezida ahubwo byaje gufata indi ntera.



Iyi nkuru itangira havuzwe ko Marie Josephine Kama yavutse mu mpera za Mutarama 1940s kuko umwaka yavutsemo ntuvugwaho rumwe akenshi. Abenshi bagaragaza imyaka y’uyu mubyeyi bavuga ko yabonye izuba mu mwaka wa 1949 abandi bakawugira 1944. Reka iby’imyaka tubicumbikire aha, ahubwo ducukumbure gato ku mateka y’uyu mubyeyi w’umunyabigwi mu gihugu cya Gabon ndetse no muri Afurika y’uburengero bwaryo.

Marie Josephine Kama wamenyekanye cyane ku mazina ya Patience Dabany, mu mwaka wa 1967 yashakanye na Perezida wa kabiri wa Gabon, Omar Bongo Ondimba. Uyu mugabo wa Patience Dabany yabaye ku butegetsi kuva mu 1967 kugeza mu 2009 ubwo yasimburwaga n’umuhungu wabo Ali Bongo Ondimba. Nubwo yashakanye na Perezida, we n’umugabo we bari mu miryango y’abakuru b’ibihugu batandukanye n’abo bashakanye mbere yo kuva ku butegetsi dore ko mu 1987 aba bombi bahaye gatanya ikaze mu mubano wabo.

N’ubundi muri iyi myaka yatandukaniyeho n’umugabo we, Patience Dabany yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika by’umwihariko mu mujyi wa Los Angeles. Uru rugendo rwo kujya gutura muri Amerika ntakindi cyari cyibihushe inyuma bitari ugutangira urundi rupapuro rw’amateka muri muzika. Twakwibutsa abantu ko nyuma yo gutangira muzika uyu Marie Josephine Kama ari bwo yafashe izina rishya rya Patience Dabany.

Urugendo muri muzika rwaramuhiriye dore ko hari n’impamyabushobozi yagiye abihererwa. Muri uru rugendo rwa muzika, Patience Dabany agize amahirwe yo gufasha abahanzi bakomeye mu gukora indirimbo zabo cyane iyo hakenerwa amajwi y’urwunge. Abahanzi bakomeye yafashije harimo Michael Jackson na Michel Polnareff.

Patience Dabany, abenshi mu gihugu cye bitirira akazina ka “La Maman”, yasohoye indirimbo nyinshi cyane kandi zakunzwe. Mu muhamagaro we wo kuririmba yashoboye gushyira hanze imizingo y’indirimbi izwi nka L'amour d'une mère , Associé , Cheri ton disque est rayé ndetse n’iyo yitiriye izina rye Patience Dabany .  

Ngayo nguko ay’umuhanzi washatse Perezida na we akibaruka Perezida!






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND