RFL
Kigali

Urutonde rw’abakobwa 10 b'ikimero bakina Filime bakomeje kugacishaho mu 2020 - AMAFOTO

Yanditswe na: Uwera Ange
Taliki:22/09/2020 17:08
0


Uru rutonde dukesha Fillgapnews rwerekana abakobwa n'abagore b'ibyamamare bakina filime bakomeje kuza ku isonga mu guca agahigo muri uyu mwaka wa 2020. Muri utwo duhigo harimo ibihembo bitandukanye bagiye batsindira nka Grammys, Oscars na Emmy Awards.



Uru rutonde rwakozwe hagendewe ku bakobwa b'ikimero bakina filime bihariye ipaji ibanza y'itangazamakuru rya 'Showbiz' bitewe n'uduhiho bakomeje kwesa. Ku mwanya wa mbere hari Scarlett Johansson w'imyaka 35 akaba yifashishwa cyane n'ibigo binyuranye by'itangazamakuru. Akurikirwa na Amber Heard umunyamerikakazi wagaragaye bwa mbere filime mu mwaka wa 2004, iyo Filime ikaba yitwa 'Friday Night Lights'. Kuri uru rutonde, nta mukobwa/umugore wo muri Afrika urugaragaraho. 

 1.Scarlett Johansson

Scarlett ni umwe mu bakinnyi bakunzwe kandi bazwi cyane muri Hollywood, si umukinnyi gusa kuko ni n’umunyamideli nk’ibitangazamakuru byinshi bikora ibijyanye n’imideli biramwifashisha mu mashusho yabyo. Uyu mukinnyi w’imyaka 35 yamenyekanye muri filime nka; ‘Avengers’, ‘Iron Man’ na ‘Captain America’.

2. Amber Heard


Amber Heard ni umukinnyi akaba n’umunyamideli w’Umunyamerikakazi. Yavukiye anakurira muri Texas. Filime ya mbere yagaragayemo yitwa ‘Friday Night Lights’ aha hari mu mwaka wa 2004. Uretse iyi hari n’izindi zitandukanye yagiye akinamo. Bimwe mu byatumye arushaho kumenyekana ni uko yagize uruhare mu guharanira uburenganzira bw’ababana bahuje ibitsina. Si ibi gusa kuko ubu ni umwe mu bagore baza ku isonga ku isi mu kugira uburanga.

3. Gal Gadot

Gal umukinnyi wa filime ndetse n’umunyamideli ukomoka muri Isiraheli, akaba yaramenyekanye cyane ubwo yambikwaga ikamba rya Nyampinga wa Isiraheli mu 2004 icyo gihe akaba yari afite imyaka 18 y'amavuko. Mbere yo kwinjira muri Hollywood yabanje kujya mu ngabo z’igihugu cya Isiraheli nk’umwigisha utegura imyitozo ngororamubiri. Imwe muri filime yagaragayemo yanamamaye cyane ni ‘Batman vs Superman’, indi ni ‘Wonder Woman’ yanatumye aba umukinnyi wa mbere wagize uruhare runini muri filime nziza.

4. Megan Fox

Megan ni umukinnyi wa filime w’Umunyamerikakazi akaba n’icyamamare mu kumurika imideri. Yatangiye umwuga we wa Cinema mu mwaka wa 2001 akoresheje Televiziyo ntoya. Yatangiye gukina muri filime ye ya mbere yitwa ‘Confessions of a Teenage Drama Queen’. Kuva yatangira umwuga we wo gukina filime agaragara hafi ya buri rutonde rw’ubwiza kandi buri gihe ku mwanya mwiza. Abenshi bakunze kuvuga ko ameze nka Angelina Jolie, kuba agereranywa nawe ni ishema rikomeye by’umwihariko kugereranywa n’umuntu uzwi cyane kandi ukomeye.

5. Deepika Padukone

Uretse kuba umwe mu bakobwa beza bakina filime bakomeje kukanyuzaho mu mwaka wa 2020 ni n’umwe mu bakinnyi ba Bollywood bahembwa agatubutse. Deepika akomoka mu mu Buhinde ndetse akanamamariza kompanyi zitandukanye zaba izikora amavuta n’ibindi. Mu byo yamamaje harimo: Tissot,Vogue na Pepsi.

6. Margot Robbie

Margot ukomoka mu gihugu cya Australia yagize uruhare runini muri filime ‘The Wolf of Wallstreet’ hamwe na Leonardo di Caprio. Izindi filime yamenyekanyemo ni nka ‘The Legend of Tarzan’ na ‘Whiskey Tango Foxtrot’ kandi ku bw’amahirwe izi zombi zakanyujijeho kuko abantu bose ni we bavuga kuri ubu. Muri uyu mwaka yagaragaye muri filime ‘Terminal’, ‘Untitled A. A. Milne project’, ‘Peter Rabbit and I’, ‘Tonya’.

7. Fahriye Evcen

Uyu ni umwe mu bakinnyi ba Filime beza bo muri Turukiya. Ababyeyi be umwe akomoka muri Turukiya undi akomoka mu Budage. Fahriye azwiho kuba afite amaso meza cyane n’inseko nziza ashobora kandi no kuvuga neza indimi zigera muri enye ari zo: Icyongereza, Ikidage, Icyesipanyoli ndetse n’Igiturukiya (Turkish).

8. Alexandra Daddario

Alexandra Anna Daddario ni umukinnyi w’Umunyamerikakazi, nyuma y’ibyo ni n’umunyamidelikazi ukomeye. Ubwiza bw’uyu mukobwa ndetse n’amaso ye y’agatangaza bifite inkomoko mu bisekuru bye. Daddario yavukiye muri Amerika muri Leta ya New York. Ubu afite imyaka 34 y'amavuko. Yatangiye umwuga wa cinema afite imyaka 16 y'amavuko. Zimwe muri filime yagaragayemo ni nka ‘The Layover’, ‘Baywatch’, ‘When We First Met’, ‘We Have Always Lived in the Castle and Nomis’.

9. Emma Stone

Emily Jean “Emma” Stone ni umukinnyi w’Umunyamerikakazi akaba n’uwahawe ibihembo byinshi birimo Academy Award na Golden Globe Award. Mu mwaka wa 2017 ni we mukinnyi wa filime wari uri imbere mu bahembwa amafaranga menshi.

10. Jennifer Lawrence

Lawrence ni umwe mu bakinnyi bakomeye ba Hollywood. Si ibyo gusa kuko yegukanye n’igihembo cya Oscar Awards ndetse ni we mukinnyi wa filime ku isi uhembwa amafaranga menshi. Nk'uko Forbes na Time babitangaza, Lawrence ni umwe mu bavuga rikijyana ku isi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND