Umugabo witwa Charles Obong wari umukozi wa Leta muri Uganda yashyinguranwe akayabo k’amafaranga asaga Miliyoni 200 z’Amashilingi nka ruswa azaha Imana kubera ku buyobozi bwe yaranzwe no kurya ruswa.
Nyuma y’ishyingurwa rye, byateje akavuyo mu muryango
n’abaturanyi. Uyu mugabo yari umukozi muri Minisiteri y’abakozi ba Leta, ariko
akajya atungwa agatoki ko akunda kwaka ruswa abantu. Agiye gupfa yavuze ko kubera
yatse ruswa nyinshi nawe agomba guhaho Imana make kugira ngo izamubabarire ibyaha.
Charles Obong wapfuye ku ya
17 Ukuboza 2016, mbere yo gushiramo umwuka yari yanditse urwandiko avuga ko umugore we agomba gushyira amafaranga
mu isanduku ye igihe azaba ari gushyingurwa. Nyakwigendera yari yategetse kandi
ko mu gushyingurwa murumuna we na
mushiki we bagomba kuba bahari kugira ngo umugore we akurikize isezerano rye ku
ibaruwa yanditse ngo banitegereze neza niba ayo mafaranga ari mu isanduku ye.
Obong
yashyinguwe mu isanduku y’ibyuma bivugwa ko yatwaye hafi miliyoni zisaga 10 z’amashilingi.
Obong
yari afite ubwoba ko akora ibyaha birimo kurya ruswa mu gihe yakoraga mu butegetsi
bwa Leta byari kumucira urubanza ikuzimu.
Mu nkuru iheruka, Daily Monitor yagize ati: "Obong
yateganyaga kugeza amafaranga ku Mana nk'impano kugira ngo ashobore kubababarirwa
ibyaha bye kandi amukize umuriro utazima." Ikibabaje ni uko Obong,
atabonye amahirwe yo kohereza amafaranga ku Mana, kuko abo mu muryango we
bataburuye umurambo bakuramo amafaranga bavuga ko ari kirazira gushyingura
umuntu ufite amafaranga.
Src: tuko
TANGA IGITECYEREZO