RFL
Kigali

Umugore mugufi ku Isi yabyaranye n’umugabo ufite uburebure bwa Metero imwe na santimetero 80-AMAFOTO

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:17/09/2020 17:39
0


Trisha na Michael Taylor bahisemo kugerageza amahirwe barabana ndetse bari bafite intego yo kuzabyara umwana n'ubwo umuganga wabo yari afite impungenge kuko bari bamaze gukuramo inda ebyiri birabababaza cyane.



Umugore w'imyaka 31 y'amavuko yavutse afite ubumuga aho amagufwa ye 150 yavunitse bitewe n’indwara yitwa 'Osteogenezi imperfecta' (OI), indwara igira ingaruka ku magufwa kuko avunagurika byoroshye.


Ubu afite santimetero 70 gusa, aba mu kagare k'abamugaye ubuzima bwe bwose ariko yasohoje inzozi ze zo kubyarana n’umugabo we Michael, ufite metero 1 na santimetero 80.


Gusa gusama kwe byabanje kumugora na cyane ko abaganga bamubwiraga ko umwana ashobora kuzamujanjagura amagufwa y’imbere bitewe n’uko avunika byoroshye.


Yaje guhura n’umusore watwaraga amakamyo rero ari we Michael Taylor barabana ariko bihanangirizwa kuzabyara kubera ko amagufwa ye yoroshye cyane ku buryo no kwitsamura gusa bishobora kuyavuna.


Amategeko baje kuyarengaho, bakuramo inda ibyiri ariko ku bw’amahirwe baje kubyara umwana w’umuhungu


Trisha ati ”Abaganga banteraga ubwoba kenshi bati 'umwana ashobora gupfa, nawe uzapfa ariko narabyirengagije ndasama ndetse nishimira kubyara umwana w’umuhungu, ubu ni umusore mwiza cyane kugeza uyu munsi, abantu ntibashobora kwizera ko namubyaye. Bahora bambaza niba umwana wanjye wa Maven ari njye wamutwise ariko nanjye nishimira kubabwira nti 'Yego ni njyewe'”.




Src: Metro co.uk






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND