RFL
Kigali

Kanye West wiyise Mose yatangaje ko atazongera gusohora indirimbo kugeza arangije amasezerano afitanye na kompanyi 2 zikomeye

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:18/09/2020 9:16
0


Umuhanzi akaba n’umuherwe ku Isi, Kanye West, yatangaje ko atazongera gusohora indirimbo nshya kugeza igihe azarangiza amasezerano afitanye na kompanyi ya SONY na Universal. Akomeza kandi ashimangira ko yabaye umuntu mushya aho yiyise Mose uvugwa muri Bibiliya.



Uyu muhanzi uri no kwiyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu matora ateganijwe mu minsi mike iri imbere, ibitangazamakuru bitandukanye bitangaza ko mu butumwa bwaje gusibwa bwaciye kuri Twitter, uyu muraperi yatangaje ko atazongera gusohora umuziki mushya kugeza arangije amasezerano asanzwe afitanye na Sony na Universal. Yasabye kandi kureba amasezerano ya buri wese muri Universal na Sony aboneraho no kwiyita "Mose mushya."

Kanye West

Kanye West yagize ati: "Nkeneye kubona amasezerano ya buri wese muri Universal na Sony. Ntabwo nzareba abantu banjye kuba imbata. Nshyize ubuzima bwanjye ku murongo ku bantu banjye. Inganda z’umuziki na NBA ni ubwato bugezweho bw’abacakara”. 

Mu bundi butumwa Kanye yakuweho, yasabye imbabazi ku mugaragaro J. Cole na Drake, wigereranya n'umuyobozi wigometse ku bucakara Nat Turner. Kanye West yavuze ko "yubaha cyane abavandimwe bose", yongeraho ati: "Tugomba guhuzwa no kubahana ntituzongera gutandukana dushwana no guterana amagambo “.

Kanye West. Photo: Sophie Mhabille/ABACAPRESS.COM/CP Image

Kanye West mu magambo atanga amahoro yerekana ko yigaruriye Imana kandi ko umuntu ufite ubutunzi bwinshi atari we uzabona ijuru. Yagize ati: “Ndi mu murimo wa Kristo kandi dukeneye gukiza isi. Nanze gutongana n'abirabura kuri label itari n’iyacu”. Kanye asaba abantu gukunda Imana no kureka kwicana hagati yabo. Yagize ati: “Reka tureke kwicana, reka twereke Imana ko turi abantu b'Imana, ibona ibyiza byanjye. Imana ntabwo idupimira ku mafaranga mu bwami bwayo reka dukundane”.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND