RFL
Kigali

Abagabo: Uko wakwitwara igihe umukobwa akubengeye mu ruhame uri kumusaba ko muzabana

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:14/09/2020 13:37
0


Bijya bibaho ko umusore yihebera umukobwa akamukunda kugeza igihe yiyemeje kumusaba ko yazamubera umugore. Iyo bibaye rero hari abakobwa batazuyaza guhakanira mu ruhame, dore ko abenshi mu batera ivi babihuza n’ibirori runaka bituma haboneka abandi bantu benshi.



Iyo umukobwa yanze rero hari abasore bahita bata umutwe ukabona neza isi imurangiriyeho, akagaragaza byeruye ko umutima we ukomeretse.

 

Niba rero ibi bikubayeho, hari ibintu bine ukwiye gukora mbere yo gusaragurika no kwigaragura hasi cyangwa gusakuza bigaragaza umuntu wataye umutwe.

 

1. Ubusanzwe abenshi iyo basaba abakobwa ko bazabashyingirwa bakoresha uburyo bwo gutera ivi aho umusore apfukama ku ivi rimwe akereka umukobwa impeta akemera kuyambara cyangwa akanga.

 

Niba rero umukobwa yanze, ihutire guhita umanura n’irindi vi hasi uyapfukamishe yose, ushyire umutima hamwe maze uzamure amarangamutima yawe ku Mana uyisabe kuguha imbaraga zo kwakira ako gahinda, ikimwaro, igikomere ku mutima n’ubundi buribwe ugiye guhura nabwo muri ako kanya.

Ibi ugomba kubikora wizeye ko ari yo yonyine ishobora kugufasha no kuguhumuriza muri ako kanya.

 

2. Wigerageza kumuhendahenda mu ruhame kuko niba avuze oya, bisobanuye ko aricyo kiri kuri roho ye, umubiri we n’umutima we. Wituma yemera ibitamurimo kuko ntanyungu wazabibonamo.

Igihe yavuga oya ugakomeza kumwinginga akemera kuvuga yego, byaba bivuze ko yemeye kubwo kukugirira impuhwe kandi wibuke ko urukundo rutubakira ku mpuhwe ahubwo ari ku mutima umenetse wuzuye urukundo nyine.

Niba umukobwa aguhakaniye ihutire kuva aho kuko niba ari uwawe azigarura nabishaka ariko utamuhendahenze cyangwa ngo rubanda rubakikije rugufashe kumuhendahenda.

 

3. Niba umukobwa avuze oya uri kumusaba ko muzabana, ihutire kujya mu rusengero rukwegereye. Wirinde kujya mu kabari cyangwa mu kabyiniro ngo uribwira ko ugiye kwiyibagiza agahinda.

Kwegera Imana no kwiyambaza imbaraga zayo nibyo byonyine bishobora kugufasha gukomera muri icyo kibazo.

 

4. Niba umukobwa aguhakaniye umubano wishaka kwiyahura cyangwa kugira uwo wica wundi, ibuka ko atari iherezo ry’ubuzima.

Bwira umutima wawe ko kuba atabaye uwawe biri mu bushake bw’Imana maze wibwire ko ugomba gutegereza uwawe.

 

Abantu bakwiye kuzirikana ko ikizaba icyawe byanze bikunze kibona inzira zo kukugeraho, bakirinda kwiyambura ubuzima no kwitesha umutwe igihe hari ikitanyuze mu nzira bashaka.

 

Src: winnaijatv.com

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND