RFL
Kigali

Twahuje Papy Sibomana na Papa Messi wari umaze imyaka 5 yifuza guhura na we - VIDEO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:11/09/2020 17:15
0


Ibyishimo bidasanzwe, ibitwenge by’urumenesha, ibibazo by’amatsiko n’ibindi bijyanye n’iterambere rya ruhago nyarwanda, mu byaranze ikiganiro cyahuje Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi na Police FC, Patrick Sibomana Papy ndetse na Papa Messi umaze imyaka irenga 14 atanga ibitekerezo mu biganiro by’imikino ku maradiyo.



Papa Messi uvuga ko amaze imyaka itanu ashakisha uburyo yakora kuri Papy Sibomana akamuganiriza, ariko bikaba byari byaranze kubera ko uko yabigeragezaga byarangiraga bibaye imfabusa, agasubirayo amara masa.

INYARWANDA twahuje rutahizamu Papy Sibomana na Papa Messi watangaje ko yatangiye kumukunda no kumukurikira ubwo yakinaga mu Isonga, ariko igihe kikaba gishize ari kirekire amavi ari ku butaka kugira ngo aze gukinira Rayon Sports afana, kugeza magingo aracyategereje igisubizo cy’Imana.

Papa Messi usanzwe ukunda rayon Sports na FC Barcelona yo muri Espagne, yahase ibibazo Papy sibomana birimo n’ikijyanye n’amakipe ahora ahanganye muri shampiyona y’u Rwanda, ariyo Rayon Sports na APR FC.

Kurikira ikiganiro kirambuye Papy Sibomana yagiranye na Papa Messi:








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND