Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda ‘FERWACY’ ryatangaje ko kuva tariki ya 21 kugeza ku wa 28 Gashyantare, ryifuza ko isiganwa rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda 2021, aribwo ryakinwa gusa aya matariki ashobora guhinduka isaha n’isaha.
FERWACY
yahisemo ko irushanwa ry’umwaka utaha wa 2021, rizaba kuva tariki ya 21 kugeza
ku wa 28 Gashyantare 2021, ariko iki cyifuzo kikazabanza kwemezwa
n’Impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi ‘UCI’ kugira ngo bemeze
itariki ndakuka y’irushanwa.
Umwaka
utaha Tour du Rwanda izaba ikinwa ku nshuro ya 13 kuva ibaye mpuzamahanga, ikazaba
ari inshuro ya gatatu igiye ku rwego rwa 2.1, aho yitabirwa n’amakipe akomeye
aturutse ku migabane itandukanye.
Tour
du Rwanda y’uyu mwaka yakinwe hagati ya tariki ya 23 Gashyantare n’iya 1
Werurwe, yegukanwa n’umunya-Érythrée Natnael Tesfazion, akurikirwa
n’Umunyarwanda Mugisha Moïse ukinira SACA.
Kimwe
n’ibindi bikorwa by’imikino mu Rwanda, umukino wo gusiganwa ku magare wahagaritswe
mu kuva muri Werurwe uyu mwaka ubwo mu Rwanda hagaragaraga umuntu wa mbere
wanduye Coronavirus.
Guhera
muri Kamena, abakinnyi bakina uyu mukino bemerewe kwitoza, ariko
ntibiramenyekana igihe amarushanwa azongera gusubukurirwa.
U
Rwanda ntiruregukana iri rushanwa rutegura kuva ryashyirwa ku rwego rwa 2.1,
ikaba ariyo ntego rufite mu irushanwa ry’umwaka utaha, kandi batangaza ko
bishoboka.
TANGA IGITECYEREZO