RFL
Kigali

Bimwe mu bihano Amerika yafatiye Ethiopia kubera iyubakwa n’ikoreshwa ry’urugomero byamenyekanye

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:6/09/2020 10:40
0


Ku munsi w’ejo, tariki ya 04 Nzeli ibinyamakuru mpuzamahanga byagarutse ku nkuru yavugaga ku mwanzuro Donald Trump yafashe wo gufatira ibihano Ethiopia. Iyi nkuru ijya ahagaragara, ibihano Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafatiye Ethiopia ntibyahise bitangazwa ariko magingo aya byamenyekanye.



Nk'uko twagiye tubigarukaho mu nkuru zacu zabanje, Ethiopia na Misiri birarebana ay’ingwe hejuru y’urugomero rw’amashanyarazi rwa Grand Renaissance Ethiopia Dam. Kuri uyu wa Kane ni bwo hamenyekanye inkuru ivuga ku bihano Amerika yafatiye Ethiopia kuko itashatse gukomeza kubarizwa mu biganiro igihugu cya Trump cyashatse kubahurizamo na Misiri. Nyuma yo kwikura muri aya masezerano dore ko Ethiopia yashinjaga Amerika kubogamira ku ruhande rwa Misiri, yatangiye no kuzuza amazi urugomero rwayo, ibiganiro mpuzamahanga kimwe n’ibyo mu karere kuri iki kibazo bitararangira.

Mu bihano ubunyamabanga bufite ububanyi n’amahanga mu nshingano zabwo muri Amerika, bwatangaje ubwoko bw’ibihano iki gihugu cyafatiye Ethiopia.  Amakuru dukesha ibiro ntaramakuru Reuters bivuga yuko agera kuri miriyoni $100 ariyo mfashanyo itazakomeza guhabwa Addis Ababa iturutse i Washington.

Aka kayabo kari kuzakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo, kurwanya imirire mibe mu bana bato, porogaramu yo kurwanya SIDA ndetse no kwita ku mpunzi. Aya mafaranga yari kuzagenerwa ibikorwa by’umutekano ndetse na gahunda yo kurwanya inzara dore ko rimwe na rimwe iki gihugu kiri mu ihembe ry’Afurika gishobora kuzagira ihungabana mu musaruro w’ibiribwa kubera inzige.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND