RFL
Kigali

USA: Amaraso y’abakize coronavirus agiye kujya yifashishwa mu kuvura abakiyirwaye

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/08/2020 13:07
0


Ikigo cy’Amerika gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa (FDA) cyemereye gukoresha amaraso y’abakize coronavirus mu rwego rwo kuvura iyi ndwara,



Ikigo cy’Amerika gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa FDA cyavuze ko hakiri kare ngo babone ibimenyetso simusiga byerekana ko amaraso y’abakize coronavirus ashobora kugabanya impfu no kuzamura ubuzima bw’abakirwaye, Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru, Peter Marks, umuyobozi w'ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa Peter Marks yagize ati: "Byagaragaye ko ibi bintu bifite umutekano kandi twishimiye ibyo."

Iki kigo kandi cyavuze ko cyemeje ko ari inzira itekanye mu isesengura ry’abarwayi 20.000 bahawe ubuvuzi. FDA yavuze ko kugeza ubu, abarwayi 70.000 bamaze kuvurwa hifashishijwe plasma y’amaraso y’abakize coronavirus ( plasma ni igice cy’amaraso gishinzwe gutwara intungamubiri n’abasirikare mu maraso)

Impamvu ikomeye bifashisha iyi plasma y’abakize coronavirus nuko ubushakashatsi bwerekanye ko  abasirikare baba mu mubiri w’uwakize coronavirus baba bafite imbaraga nyinshi ku bury bafasha umuntu ukirwaye kugira ubwirinzi bwisumbuye kubwo yari afite

Ikigo cyavuze ko abarwayi bungukiye byinshi mu kwivuza ari abatarengeje imyaka 80 kandi batari ku byuma bibafasha guhumeka, Bene abo barwayi bari bafite 35% byo kubaho neza ukwezi nyuma yo kuvurwa.

Gusa Dr Amesh Adalja, intiti nkuru mu kigo cya Johns Hopkins gishinzwe umutekano w’ubuzima, yavuze ko ashidikanya ku by’iki gikorwa ati: "Kuvura  hifashishijwe amaraso y’abakize bifite ishingiro, ariko ntituramenya iby’iki gikorwa kuko ntitwigeze tubona amakuru ahagije kuri cyo kugira ngo twerekane ko ari ingirakamaro rwose".

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND