RFL
Kigali

Billie Eilish yashishikarije urubyiruko kuzatora Joe Biden

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:21/08/2020 15:18
0


Umuhanzikazi Billie Eilish umwe mu bakunzwe cyane muri uyi minsi mu gitaramo aherutse gukora yabwiye urubyiruko kuzatora neza mu matora ategerejwe mu Ugushyingo aho yababwiye ko bagomba gutora nk'aho ariho ubuzima bwabo bushingiye batora Joe Biden.



Billie Eilish w’imyaka 18 y’amavuko umuhanzikazi ukunzwe cyane muri iyi minsi, yatangiye kumenyekana cyane ku isi nyuma y’uko mu mwaka ushize asohoye Alubumu ye yakunzwe cyane. Uyu mukobwa yatsindiye ibihembo byinshi bitandukanye harimo na Grammy Award.

Billie Eilish

Billie Eilish ni umwe mu bahanzikazi bakunzwe cyane muri iyi minsi 

Kuwa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yari mu gitaramo cya Democratic National Conventional cyabaye mu buryo by’ikoranabuhanga, mu ijambo yahavugiye yavuze kuri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yavuze ko ari kwangiza igihugu cyabo.

Uyu mukobwa ku myaka ye 18 y’amavuko ni bwo bwa mbere azatora mu matora azaba mu Ugushyingo uyu mwaka. Muri iki gitaramo yashishikarije urubyiruko rugenzi rwe kuzatora Joe Biden uzaba uhanganye na Donald Trump mu matora. Joe Biden mu minsi micye ishize aherutse kwemezwa bidasubirwaho n’ishyaka ry'Abademokarate nk'uzarihagararira mu matora azaba uyu mwaka.

Mu magambo ye Billie Eilish yagize ati: ”Ntabwo mukeneye ko mbabwira ko ibintu bitameze neza, Donald Trump ari kwangiza igihugu cyacu ndetse n’ibintu byose duha agaciro”. Mu magambo ye yakomeje avuga ko mu gukemura ibi bibazo byatangira urubyiruko ruhitamo gutora Joe Biden kandi ko guceceka atari amahitamo bafata, batakagombye guterera agati mu ryinyo.

Billie Eilish ati:” Dukwiye gutora nk'aho ariho ubuzima bwacu ndetse n’isi bishingiyeho kubera ko ibyo mubizi. Inzira nyayo yo kwizera ejo hazaza ni uko ari twe twabigena ubwacu”. Yakomeje ashishishikariza abakunzi be kwiyandikisha kugira ngo bazabashe gutora.

Billie Eilish

Billie Eilish ni bwo bwa mbere agiye gutora

Mu butumwa aheruka kunyuza ku rukuta rwe rwa Instagram kuwa kane w’iki cyumweru yavuze ko igihugu cyabo (USA) gikeneye abayobozi bashobora gukemura ibibazo bitandukanye harimo nk’ikibazo cy’icyorezo cya Covid-19 cyibasiye iki gihugu, kwangirika kw’ikirere, ivangura rishingiye ku ruhu ndetse n’itoneshwa kuri bamwe.

Muri iki gitaramo Billie Eilish kandi yaririmbye bwa mbere indirimbo ye nshya aherutse gusohora yise “My Future” aho yayiririmbanye na musaza we Finneas O’Connell. Nyuma y’ubu butumwa by’uyu muhanzikazi Joe Biden nawe yahise amwunganira ku rukuta rwe rwa Twitter aho nawe yabwiye abayoboke be ko nk'uko Billie Eilish yabivuze nabo bagomba gutora nk'aho ari ho ubuzima bwabo bushingiye.

 

Src: CNN & Sky News






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND