Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika imaze kwemeza ko harekurwa imibu igera kuri miliyoni 750 yakorewe muri laboratwari mu rwego rwo guhangana na ngenzi yayo itwara indwara zitandukanye harimo na Virusi ya Zika.
Leta ya Florida imaze kwemeza ko imibu igera kuri
miliyoni 750 yakozwe muri laboratwari yoherezwa hanze, gahunda yo gusohora iyi
mibu iteganijwe ko izakorwa guhera mu mwaka 2021 kugera 2022. Biteganijwe ko
iyi mibu izahangana na ngenzi yayo itwara indwara zitandukanye harimo Virusi ya
Zika na Dengue.
Iyi mibu yakozwe na kampani ya Bongereza Oxitec
ikorera muri leta zunze ubumwe za Amerika ivuga ko uyu mushinga wo gukora iyi
mibu gahunda yari iyo guhangana n’imibu ikwirakwiza indwara zitandukanye harimo
nka Zika na dengue.
Iyi gahunda yo gusohora iyi mibu ije nyuma y’uko mu
myaka micye ishize habayeho ibiganiro bitandukanye n’imwe mu miryango irengera
ibidukikije aho yavugaga ko kurekura iyi mibu bishobora kugira ingaruka zitari
nziza ku bidukikije. Bamwe mu mpirimbani zo kurengera ibidukikije bagaragaje impungenge
zitandukanye zishobora guterwa n’iyi mibu harimo nko kwangirika ku rusobe rw’ibinyabuzima
cyangwa se hakaba havuka imibu ishobora guhangana n’imiti itandukanye (Insects-resistant
mosquitoes).
Kampani ya Oxitec yavuze ko iyi mibu nta ngaruka mbi
izateza ku bantu cyangwa se ku bidukikije, iyi kampani ikomeza ivuga ko n’umubobozi
bwabanje gukora amasuzuma atandukanye harebwa ko nta ngaruka mbi iyi mibu
yateza.
Mu igeragezwa rwakorewe muri Brazil ku mibu yo mu
bwoko bwa OX513A, Oxitec ivuga ko yagabanije imibu yo mu bwoko bwa Aedes
aegypti ku rugero rwa 95%. Uretse muri Brazil hari andi magerageza yakorewe mu
birwa bya Cayman na Panama, iyi kampani ivuga ko aya magerageza yose yatanze
umusaruro mwiza.
Gahunda yo kurekura bwa mbere iyi mibu mu 2021 mu bice
bitandukanye bigize leta ya Florida ije nyuma y’uko mu mezi macye ashize, iyi
gahunda yemejwe n’urwego rubishinzwe muri Florida. Biteganijwe kandi ko iyi
mibu izoherezwa no mu gace ka Harris County muri Texas.
Muri iyi mibu yakozwe harimo iyi ngabo Aedes aegypti
izwi nka OX5034. Iyi mibu y’ingabo bivugwa ko yakozwe mu rwego rwo kugira ngo
hazavuke imibu y’ingore ariko iyo mibu y’ingore izavuka izajya ipfa itaragera
igihe cyo kuzana amababa (Larval Stage).
Oxitec ivuga ko nta mpungenge abantu baterwa n’iyi
mibu kuko izarekurwa ari iyi ngabo kandi nkuko bizwi imibu y’ingore ariyo iruma
abantu mu gushaka amaraso ikoresha mu iterwa ry’amagi yayo. Umwe mu
bashakashatsi ba Oxitec ubwo yaganiraga na AP News yagize ati:”Mu myaka ishize twohereje
imibu irenga miliyari kandi iyi mibu nta ngaruka yigeze iteza ku bidukikije
cyangwa ku bantu”.
Umuryango w’abibumbye ushinzwe ubuzima ku isi (WHO)
uvuga ko ku isi yose buri mwaka abantu bagera kuri miliyoni 390 bandura indwara
dengue. Mu mwaka 2016 nabwo indwara ya Zika yabaye ikibazo gikomeye cyane ku
isi cyane cyane muri Amerika y’amajyepfo. Muri iyi mibu izarekurwa ngo gahunda
yayo ni uguhangana n’imibu ikwirakwiza izi ndwara.
Src: Sky News & BBC & CNN
TANGA IGITECYEREZO