Ku cyumweru, tariki 16 Kanama 2020 ni bwo Isiraheli yashyize hanze urutonde rw’ibihugu 21 abagenzi baturukamo ntibashyirwe mu kato (Quarantine) k’iminsi 14.
U Rwanda, kimwe n’ibindi
bihugu byinshi ku isi, rwashyizeho ingamba zo kurwanya Covid-19. Ibi
byaranakomeje na nyuma y’uko sosiyete ikora ingendo zo mu kirere RwandAir
yongeye gusubukura ingendo mu bihugu bimwe na bimwe ari nako amabwiriza yo
kwirinda akomeza gukurikizwa aho mbere yo gukora urugendo, umuntu asabwa
icyangombwa cyerekana ko nta bwandu bwa Covid-19 afite.
Umuntu ashobora no gutekereza ko mu byatumye u Rwanda ruza kuri uru rutonde ari uko rwashyizeho ingamba zikarishye kandi zikaba zigerageza gukurikizwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Minisiteri y'Ubuzima muri Israel yatangaje urutonde rw’ibihugu 21 byo ku Isi aho abagenzi babiturutsemo, bazajya bakirwa muri Isiraheli batarinze kujya mu kato k'iminsi 14. Ibyo bihugu ni ibi bikurikira;
1.Austria
2.Bulgaria
3.Canada
4.Croatia
5.Cyprus
6.Denmark
7.Estonia
8.Finland
9.Germany
10.Georgia
11.Greece
12.Hong Kong
13.Hungary
14.Italy
15.Jordan
16.Latvia
17.Lithuania
18.New Zealand
19. Rwanda
20.Slovenia
21.United Kingdom (Ubwami
bw’Abongereza)
N'ubwo hatagaragajwe
iby’ingenzi byagendeweho mu gukora uru rutonde, gusa ikigaragara ni uko ari
ibihugu bizwi nka “Green countries”, ibi akaba ari ibihugu ahanini bishyira
imbaraga nyinshi mu kwita ku bidukikije no kwita ku buzima bw’abanyagihugu.
Bimwe mu bihugu twavuze haruguru nka: Croatia, Bulgaria, n’uduce tune tugize Ubugereki (Athens, Thessaloniki, Corfu na Crete) na byo byamaze kwemeza ko abagenzi baturutse muri Isiraheli bazajya bemererwa kwinjira mu bihugu byabo batiriwe bashyirwa mu kato k’iminsi 14.
Gusa ntibikuyeho ko bazajya bagira andi mabwiriza yagenwe bakurikiza, arimo nko; kubanza kwerekana icyangombwa kigaragaza ko nta bwandu bwa Covid-19 bafite. Ubugereki bwo bwemeye kwakira abantu batarenze 600 mu cyumweru baturuka muri Isiraheli kandi bakemererwa kuba basura uduce tune twonyine ari two: Athens, Thessaloniki, Corfu na Crete.
N'ubwo icyorezo gikomeje kwangiza byinshi, ariko hari
icyizere ko hagati mu mwaka wa 2021, bintu bizasubira mu buryo abantu bakava
mu gihugu bajya mu kindi bidasaba kwerekana icyangombwa kigaragaza ko nta bwandu
bwa Covid -19 umuntu afite.
U Rwanda ni cyo gihugu rukumbi cyo muri Afrika cyaje kuri uru rutonde rwakozwe na Israel rw'ibihugu 21 abagenzi baturukamo bazajya binjira muri Israel ntibashyirwe mu kato k'iminsi 14. Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ron Adam yanditse kuri Twitter ko yishimiye kuba u Rwanda rwaje kuri uru rutonde, avuga ko ari inkuru nziza kuko bizanafasha ba mukerarugendo bo muri Israel gusura u Rwanda.
Ubutumwa bwa Ambasaderi wa Israel mu Rwanda
TANGA IGITECYEREZO