RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Impanga 4 zibana mu nzu imwe ndetse ziranitegura kwibarukira rimwe imfura zabo - AMAFOTO

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:17/08/2020 13:32
0


Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika haravugwa inkuru idasanzwe y’abagore babiri b’impanga bo muri leta ya Virgina bashakanye n’abagabo babiri nabo b’impanga bakaba babana mu inzu imwe bose, bakaba bafite byinshi bahuriyeho bitangaje.



Abagore babiri b’impanga Brittany Deane na Briana Deane b’imyaka 33 y’amavuko batangaje abantu kubera inkuru yabo bombi. Aba bagore uko ari babiri bashakanye n’abandi bagabo babiri nabo b’impanga ku munsi umwe none bose bateganya no kwibaruka imfura zabo ku munsi umwe.

Twins

Britanny, Briana n'abagabo babo Josh na Jeremy

Aba bagore uko ari babiri bashakanye n’abagabo babiri aribo Josh Salyers na Jeremy Salyers bose bafite imyaka 35 y’amavuko, ubukwe bwabo bwabaye muri Kanama 2018. Iyi miryango yombi yatangaje ko bitegura kwibaruka imfura zabo kandi ko bifuza kurera abana babo hamwe. Aba bose bahuye mu mwaka 2017 mu birori bihuza impanga (Twins Festival).

Ubwo baganiraga n’ikinyamakuru cy’Abongereza DailyMail bavuze ko bishimiye kuba bagiye kunguka imfura zabo kandi bishimiye kuzarera abana babo bari mu kigero kimwe ni ukuvuga imyaka ingana kandi bakabarerera hamwe bose. Mu magambo yabo bagize bati: ”Ntabwo abana bacu bazaba ari ababyara ahubwo bazaba ari abavandimwe ndetse nk’impanga twese hamwe”.

Marriage

ubukwe babo bwari bwitabiriwe n'impanga zitandukanye

Marriage
Marriage

Ubukwe bwabo bwabaye ku munsi umwe

Mu kiganiro iyi miryango uko ari ibiri iheruka kugirira mu kiganiro mu gihugu cya Australia muri Gicurasi bavuze ko bikunze bifuza ko bose bazatwara inda mu gihe cyimwe. Brittany umwe muri aba bagore yavuze ko we n’umuvandimwe we hari byinshi bahuje mu buzima bwabo harimo nko guhuza umunsi w’amavuko, kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, kurangiza amashuri no gukora ubukwe ku munsi umwe.

Brittany yakomeje avuga ko kuba bombi batwara inda mu gihe kimwe kuri bo byaba ari ikintu kidasanzwe cyabashimisha kandi gishoboka. Umuvandimwe we Briana yavuze ko nawe ibi bibaye byamushimisha cyane, yongeraho ko hari uburyo batekereza byagenda maze bigakunda kandi ko bazishimira ikizabivamo cyose. Josh Salyers muri iki kiganiro bagiriye muri Australia yagize ati: ”Kuba tugiye kubana mu nzu imwe, ibi bivuze ko tugiye gufashanya mu kuzamura uyu muryango wacu munini. Bizaba ari ibintu bidasanzwe”.

Inkuru y’iyi miryango uko ari ibiri yatangiye kumenyekana cyane mu itangazamakuru ubwo Josh na Jeremy bateraga ivi basaba aba bagore babo ko bababera abagore, uyu muhango ukaba warabaye umunsi umwe, igihe cyimwe ndetse ubwo bateraga ivi aba bagabo babikoreye rimwe batera ivi imbere y’abagore babo.

Proposal
Proposal

Brittany na Briana bambitswe impeta ku munsi umwe

Couples

Imiryango yabo ibana mu nzu imwe

Couples

Baritegura kwibarukira rimwe

Mbere yo guhura n'aba bagore babo Jeremy yatangaje ko yabanje kuganira n’umuvandimwe we amusaba ko nibagera igihe cyo gushaka ko bazashaka abagore nabo b’impaga nkabo. Nyuma yo guhura naba bagore babo yavuze ko ari amahirwe adasanzwe babonye. Mu mafoto atandukanye yabo bakunze kugaragara bambaye imyenda isa mu birori bitandukanye.

 

Src: DailyMail  

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND