RFL
Kigali

Coronavirus: Abahanga barasaba abashakanye kwambara masike mu gihe cy'imibonano mpuzabitsina

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:10/08/2020 15:14
0


Coronavirus ntabwo yarangije guhindura ubuzima bwacu bwa buri munsi, gusa nyuma yo guhangana n’ahantu hahurira abantu benshi hakenewe ibimenyetso byerekana inzitizi kugira ngo hirindwe ikwirakwizwa ryayo.



Professor Paul Hunter, umwongereza w’umuhanga mu bumenyi yagiriye inama abashakanye kwirinda imibonano mpuzabitsina muri iki gihe cya coronavirus, ubu ni ubushakashatsi buherutse gukorwa na kaminuza ya Harvard. Uyu muhanga yatangaje ibi nyuma yo kubona ko abantu bashobora kwandura coronavirus mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.

Ubushakashatsi buyobowe na Dr. Jack Turban wo muri kaminuza ya Harvard bwerekana ko nubwo muri iki gihe nta kimenyetso cyerekana ko SARS-CoV-2 yandurira mu mibonano mpuzabitsina, birahagije ko mu gihe umwe yanduye ashobora kwanduza mugenzi we bari mu gikorwa cyane ko baba begeranye

Gusa basanga kwifata ari cyo kigaragaza ibyago bike byo kwandura kandi biroroshye mu gihe hatabayeho guhura n’abandi,

Nubwo kwifata ari amahitamo make, aba bahanga bazi neza ko bidashoboka ku bantu benshi. Ni muri urwo rwego bari kugerageza gutekereza ku buryo bwo kugerageza ibishoboka  byose hakagabanywa ibyago byo kwandura  coronavirus mu gihe cy'imibonano mpuzabitsina.

Byongeye kandi, ngo gusomana bigomba kwirindwa cyane, abashakashatsi barasaba ko abafatanyabikorwa bagomba kujya biyuhagira mbere na nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina cyane cyane bakambara mask mu gihe bari mu gikorwa nyir’izina, ikindi kandi ngo byaba byiza bagiye basukura imyanya yabo y’ibanga mbere na nyuma y’igikorwa cy’urukundo ahari byagabanya ibyago byo kwandura coronavirus.

Src: Santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND