Ibitaro by'i Mogadishu bikorera mu murwa mukuru wa Somalia bibinyujije kuri Twitter yabyo byatangaje ko bifite umubyeyi wibarutse abana bagera kuri 5 ndetse ko magingo aya we n’impinja yibarutse bose bameze neza.
Ni inkuru
itangaje ndetse yashimishije benshi ubwo bumvaga ko mu bitaro byitwa "Mogadishu Somali Turkey
Recep Tayyip Erdogan Training and Research Hospital" hari umubyeyi wibarutse
abana bagera kuri batanu kandi we n'abana be bose bakaba bameze neza.
Nk'uko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga. iyi nkuru yari yabanje kudatangazwa neza, gusa nk'uko Umunyamakuru wa
BBC uri i Mogadishu abivuga abaganga bageze aho baza kwemeza iyi
nkuru yanashimangiwe n’ibyatangajwe kuri konte ya Twitter y’ibi bitaro.
Ibi bitaro byatangaje ko uyu mubyeyi n'abana be
bari gukurikiranirwa hafi ndetse bakaba bameze neza.
Ifoto y'ikipe y'abaganga bafashije uyu mubyeyi kwibaruka abana 5
Nyuma haje kugaragazwa ifoto y'aho babyarira iriho ikipe y'abaganga yafashije uyu mubyeyi muri uku kwibaruka kudasanzwe. Mu busanzwe inzobere mu bijyane n’ubumenyamuntu zikunze gutangaza ko kubyara abana barenze batatu ari ibintu bidakunze kubaho kenshi.
Mu Burengerazuba bwa Kenya, mu kwezi kwa gatatu umwaka ushize wa 2019 umugore
yabyaye abana batanu, gusa babiri muri bo bapfa nyuma bari kuvurwa. Eveline
Namukhula wabyaye aba bana, nawe yaje gupfa mu kwezi kwakurikiyeho ubwo
abaganga bageragezaga kuzibura imitsi ijyana amaraso mu bihaha. Mu Burengerazuba bwa Kenya, kubyara abana batanu bifatwa nk'amakuba.
Mu kwa
munani umwaka ushize nabwo umugore witwa Sofiat Mutesi wo Burasirazuba bwa
Uganda yabyaye abana batanu icyarimwe. Uyu yabwiye ibinyamakuru byaho ko mu
gusuzumwa yari yabwiwe n'abaganga ko atwite abana babiri.
Madamu
Mutesi yabwiye ikinyamakuru The Monitor ko mbere yari yarabyaye impanga, akurikizaho abana batatu icyarimwe, ubwo akaba yari
yabyaye batanu.
TANGA IGITECYEREZO