Kayitakirwa Gerard washakanye byemewe n’amategeko na Mukangenzi Jacqueline yafatiwe mu cyuho apakiye imitungo yose y’urugo rwabo atabwiye umugore we.
Mu gitondo
cyo kuri iki Cyumweru ubwo abanyamakuru bageraga muri uyu mudugudu basanze ibi
bikoresho birunze ku muhanda , abaturage bavuga ko uyu mugabo Gerard yabijyanye
agafatwa agarutse ajyanye ituru ya kabiri.
Mukangenzi
avuga ko mu myaka 8 ishize yashakanye na Gerard bakundana babyara umwana wa
mbere atwite uwa kabiri ahura n’uburwayi
yanze kubwira itangazamakuru ajya kwivuza CHUB baramubaga abyara umwana
muzima.
Avuga ko
atazi ibyo kwa muganga babwiye umugabo we ku burwayi bwe kuko ngo yavuye mu
bitaro ageze mu rugo umugabo ahita amuha icyumba cye.
Mukangenzi
akomeza avuga ko yari umugore usa neza mbere y’uko arwara ariko ngo kuva mu
myaka itanu ishize arwaye ntabwo umugabo yongeye kumwitaho byatumye acupira,
uyu mugabo atangira kujya mu bandi bagore.
Uyu mugabo
Gerard mbere y’uko apakira imitungo y’urugo yabanje kujyana abana ahantu
umugore we atazi kugeza ubu.
Agira ati {“Icyifuzo
cyanjye ni uko yanzanira abana agahahira urugo, agashaka umukozi ubundi akampa
igishoro nkakomeza akazi ko gucuruza”}.
Uyu mugore
avuga ko kuri 1 Kanama 2020 yahamagawe n’abaturanyi bamubwira ko umugabo we
ibintu yabipakiye abijyanye.
Akomeza avuga
ko uyu mugabo atari agihahira urugo ngo ahubwo ibyo yahahaga byose yabishyiraga
undi mugore baturanye bikekwa ko ari inshoreke ye, akaba ari we uteka akaba
ariho Gerard ajya kurya.
Abaturage bavuga
ko Jacqueline yakorewe ihohoterwa bagasaba ko ubuyobozi bwafasha uyu muryango
umugabo akagaruka mu rugo akita ku rugo rwe kuko basenzeranye.
Gusa Kayitakirwa
Gerard avuga ko icyabaye ari uko yari apakiye ibintu yimukiye ahandi. Abajijwe impamvu
yapakiye ibintu atabwiye umugore we yavuze ko uyu mugore yari amaze ibyumweru
bibiri ataba mu rugo.
Mukangenzi
Marie Jeanne, mukuru wa Jacqueline avuga ko Jacqueline yari amaze iminsi aba
iwe, akavuga ko impamvu yamuzanye iwe ari uko yabonaga umugabo we atakimwitaho.
Yagize ati {“Mukangenzi
Jacqueline ni murumuna wanjye, umugabo we nta kibazo yigeze atugezaho nk’umuryango,
ahubwo yari yaraduciye haciye imyaka 3 nta muntu ugera iwe.
Akarengane karimo
ni uko atita ku mugore we twaramumushyingiye ari muzima, yarwara akamutererana
ntiyongere kumukorera ibikorerwa umugore mu rugo.
Ikibazo uko
cyakemuka ni uko Gerard yakongera agatunganya inshingano nk’umugabo mu rugo rwe
akita ku mugore we akita no kubana”}.
Abaturage bavuga
ko abana ba Jacqueline na Gerard kuri ubu bashobora kuba bari mu mujyi wa
Kigali aho bivugwa ko bajyanywe n’inshoreke ya Gerard.
Gerard avuga
ko ibyo by’inshoreke ntacyo yabivugaho, gusa yemeza ko yitaye ku mugore we uko
ashoboye ati {“Imyaka itanu yose ishize ninjye wa murwaje, aho kwa mukuru we
ahamaze ibyumweru bibiri. Uko mwamubonye mwabonye ameze nk’umuntu utaritaweho
muri iyo myaka itanu?. Naramuvuje mujyana na Faisal kandi murabizi ko mituelle
idakorayo”}.
Ari Gerard
na Jacqueline nta n’umwe wigeze avuga kuburwayi uyu mugore afite, gusa hari
abaturanyi bavuga ko Jacqueline afite ikibazo cyo mu mutwe cyatewe no kuba
yaratereranywe n’umugabo nyuma yo kurwara iyo ndwara batashatse gutangaza.
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba Migabo Vital, yavuze ko iki kibazo
yakimenye ndetse cyatangiye gukurikiranwa kugira ngo gikemuke ntawe urenganye.
Yagize ati {“Ayo
makuru namaze kuyamenya, tugiye kugikurikirana turebe uko byakemuka icyo
twifuza ni uko hatagira umuntu urengana.
Ubwo twavuganaga ku murongo wa telefone na Kayitakirwa Gerard kuri iki cyumweru mu masaha ya Satanu, yatubwiye ko ageze mu gace atazi neza ariko ari kwerekeza Iburengerazuba.
Abaturanyi nibo batesheje uyu mugabo bahamagara umugore we
TANGA IGITECYEREZO