RFL
Kigali

India: Abantu10 bishwe na 'Hand Sanitizer' nyuma yo gusanga utubari bari kuguriramo inzoga twafunze

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:1/08/2020 8:48
0


Inkuru idasanzwe iri kuvugwa mu gihugu cy’u Buhinde mu gace ka Pradesh, abantu bagera ku 10 bapfuye nyuma yo kugera ku kabari bafite inyota, maze bagasaga utubari ducuruza Liquor twafunze bahitamo kwiyahuza umuti w’isuku bakaraba mu ntoki uzwi nka “Hand Sanitizer” babonaga hafi aho.



Amakuru avuga ko byibuze abantu 10 bapfuye nyuma yo kunywa uyu muti bakaraba mu ntoki mu kuzikorera isuku. Ibyabaye byashingiye ahanini ku ibura ry’inzoga nyuma y'uko amaduka y’ibinyobwa yafunzwe mu mudugudu wo muri leta y’u Buhinde ya Andhra Pradesh hirindwa Coronavirus. 

Nine die in India after drinking sanitiser amid liquor lockdown ...

Umuyobozi wa Polisi mu karere, Siddharth Kaushal, yatangaje ko abantu bapfuye bavanze uyu muti w’isuku Hand Sanitizer n'amazi n'ibinyobwa bidasembuye.

Yongeyeho ko aba bantu bari batunzwe n'inzoga ku buryo kwihangana byabananiye bakagira ngo uyu muti waba ukora nk’inzoga cyangwa kuba bawuvanga n’ibindi byavamo  igisa n’inzoga bakaba bakinywa bakumva banyweye inzoga.

Abenshi bemeza ko umuti wa  Hand Sanitizer utica ako kageni. Bwana Kaushal yabwiye abanyamakuru ati: "Turimo gukora iperereza niba uyu muti wifashishwa mu isuku wari ufite ibindi bintu bifite uburozi." Yongeyeho ko bohereje icyitegererezo cy’iyi miti y’isuku kugira ngo basesengure imiti iyigize ko yica nabi koko.

Guverinoma y’u Buhinde yongeye gufungura ubucuruzi bwinshi mu rwego rwo gukumira ihungabana rikomeye ry’ubukungu. Mu ntangiriro z'iki cyumweru, mu Buhinde kandi hatangajwe ko ibigo bya Yoga n’imyitozo ngororamubiri bizemererwa gufungura.

Indwara ya coronavirus muri Andhra Pradesh, mu Majyepfo y'Ubuhinde, yiyongereyeho 9% mu kwezi gushize. Hagati aho, Ubuhinde bufite abantu banduye iki cyorezo barenga 55.000 mu gihugu hose mu gihe cy’umunsi umwe. Umubare w'abapfuye wiyongereyeho 779 ugera ku barenga 35.700.

Abaturage baho usanga umubare mwinshi utunzwe n’inzoga mu duce turimo ubushyuhe aho banywa buri kanya, ibyatumye utubari dufunga kare abaturage bakabura ibyo kunywa bakanywa umuti w’isuku bagapfa.

SRC:hindustantimes






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND