RFL
Kigali

Umwami wa Saudi Arabia yajyanywe mu bitaro byitiriwe umwami Faisal muri Riyadh kubera uburwayi

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:21/07/2020 13:09
0


Salman bin Abdulaziz w’imyaka 84 y’amavuko umwami wa Saudi Arabia yajyanywe mu bitaro byitiriwe umwami Faisal byo mu mujyi wa Riyadh kubera ikibazo cy’uburywayi nk'uko byatangajwe n’igitangazamakuru cya leta ya Saudi Arabia.



Umwami Salman yatangiye kuyobora Saudi Arabia mu mwaka 2015 nyuma y’urupfu rw’umuvandimwe we Abdullah bin Abdulaziz Al Saud watanze afite imyaka 90 y’amavuko. Amakuru yatangajwe kuri uyu wa Mbere na kimwe mu gitangazamakuru cya leta gikorera mu mujyi wa Riyadh yavugaga ko umwami Salman yajyanywe mu bitaro kwitabwaho n’abaganga, amakuru akomeza avuga ko afite ikibazo mu dusabo tw’indurwe (Imflammation of the gall bladder) gusa nta yandi makuru arambuye ajyanye n’uburwayi bwe yatangajwe.

King Salman

Umwami Salman amakuru avuga ko ari mu bitaro kwitabwaho n'abaganga

Nyuma y'aya makuru yatangajwe, Minisitiri w’intebe wa Iraki Bwana Mustafa al-Kadhimi yasubitse urugendo yari gukorera muri Arabiya Sawudite ku wa mbere w’iki cyumweru kubera iki kibazo cy’uburwayi bw’umwami Salman, nk'uko byatangajwe na minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Arabiya Sawudite Bwana Faisal Bin Farhan.

Mbere y'uko uyu mwami Salman atangira kuyobora iki gihugu gikungahaye kuri peteroli, kikaba na kimwe mu bihugu bisurwa cyane kubera ahantu hatandukanye hatagatifu ku idini rwa Islam, yabanje kuyobora umurwa mukuru Riyadh utuwe n’abaturage barenga miliyoni umunani mu gihe kingana n’imyaka 48. Nyuma yaho yaje kuba minisitiri w’ingabo.

Mu mwaka 2015 ni bwo yagizwe igikomangoma cya Arabiya Sawudite nyuma y’urupfu rw’umuvandimwe we Nayef bin Abdulaziz. Igikomangoma Mohammed bin Salman w’imyaka 34 y’amavuko ni we bivugwa ko uzaragwa intebe y’ubwami nyuma ya se Salman bin Abdulaziz.

Prince Mohammed Bin salman

Igikomangoma Mohammed Bin Salman niwe uzasimbura se ku ntebe y'ubwami

Mu mwaka 2017 Arabiya Sawudite yanyomoje amakuru yasohotse mu gitangazamakuru aho yavugaga ko umwami Salman yaba agiye guharira umuhungu we Mohammed bin Salman ingoma. Umwami Salman kuva yatangira kuyobora iki gihugu yakoze impinduka zitandukanye mu bice bitandukanye harimo nk’ubukungu, kubahiriza uburenganzira bw’abagore, ububanye n’abahanga n’ibindi.

Src : Sky News & Bangkok Post

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND