RFL
Kigali

Marcus Rashford agiye guhabwa impamyabumenyi y’ikirenga ku bw’ibikorwa by’intangarugero yakoze

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:15/07/2020 14:17
0


Myugariro wa Manchester United, Marcus Rashford agiye guhabwa impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro ku bw’ibikorwa by’urukundo yakoze. Azahabwa iyi mpamyabumenyi na Kaminuza ya Manchester kubera igikorwa cy’urukundo yakoze cyo kugaburira abana cyane cyane abava mu miryango iciriritse muri ibi biruhuko by’impeshyi.



Ntibyarangiriye mu gusaba leta ko yafasha iyi miryango n’aba bana, ahubwo nawe yafashe iyambere, ku bufatanye n’umuryango ufasha  FareShare bakusanyije agera kuri miriyoni £20. Aya mafaranga yakusanyijwe yavuyemo amafunguro yagaburira abantu bagera kuri miriyoni zikabakaba enye bari hirya no hino muri iki gihugu.

Marcus Rashord abaye umuntu wa mbere uhawe iyi mpamyabumenyi y’ikirenga n’iyi kaminuza ku myaka mike doreko afite imyaka 22 gusa. Iyi mpamyabumenyi y’ikirenga(Doctorate) azayihabwa mu mpera z’iyi mpeshyi.

Mu magambo ye yatangaje ko ari ishema kubona kaminuza ikomeye izirikana igikorwa yakoze. Yongeyeho kandi ko ari ishema kubona umujyi we kimwe n’abandi bantu bo mu nzego nkuru za leta bazirikana iki gikorwa we n’abatanyabikorwa be bagezeho.

Minisiteri w’Intebe w’iki gihugu bwana Boris Johnson na we yashimiye igikorwa uyu mukinnyi yatangije. Prof. Dame Nancy Rothwell, umuyobozi wa Kaminuza ya Manchester (University of Manchester), yatangaje ko Rashford ari umukinnyi mwiza cyane mu kibuga ndetse no hanze yacyo.

Rashord si we muntu wambere ufite aho ahuriye n’ibya ruhago uhawe iki gihembo dore ko na Sir. Alex Ferguson, Sir. Bobby Charlton na Vincent Kompany bahawe iki gihembo cy’ishimwe na Kaminuza ya Manchester.   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND