RFL
Kigali

Kigali: Urubyiruko rwaturutse mu turere twose tw’igihugu rwahuguwe ku mirire iboneye rwiyemeza gukora impinduka

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:9/07/2020 23:34
0


Kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Nyakanga urubyiruko rugera kuri 30 rwaturutse mu turere twose tugize igihugu cy’u Rwanda rwahuguwe ku birebana n’imirire yuzuye maze rwiyemeza ko rugiye gukora impinduka aho rutuye. Aya mahugurwa yatanzwe kugira ngo uru rubyiruko ruzasangize abandi ibirebana n’imirire iboneye.



Mu busanzwe imirire myiza kandi iboneye ni igihe abantu b'ingeri zose (abana bato, abakuru, ndetse n’abasheshe akanguhe) babashije kubona ibyo kurya bihagije; byujuje intungamubiri, bifite isuku kandi bikaboneka byuzuje umwimerere wabyo. Ibi bikaba bisobanuye neza ko imirire myiza kandi iboneye ari igizwe n’ibitera imbaraga, ibirinda indwara, ndetse n’ibyubaka umubiri.

Urubyiruko rwahurijwe hamwe hagamijwe kwigishwa ibijyanye n'Indyo yuzuye

Indyo yuzuye ni ibiribwa nyabyo bihagije, bituma umubiri ubona intungamubiri ukeneye kugira ngo ukore neza kandi ugumane ubuzima bwiza.  Ntibivuga kurya byinshi kugeza ubwo wumva inzara ishize, bisobanura kurya indyo nyayo yuzuye, ibiyigize byahujwe uko bikwiye, kugira ngo bifashe umubiri gukura, gukora no kwirinda.

Ibiribwa bitera imbaraga

Ibiribwa bitera imbaraga biha umubiri imbaraga ukeneye ngo umuntu akore, agende, yiruke, aseke, arye anahumeke. Bimwe muri ibyo biribwa ni ibijumba, imyumbati, ubugari, imyungu, umuceri, porici, ibitoki, umugati, ingano, amasaka hamwe n’ibindi binyampeke.

Ibiribwa byubaka umubiri

Ibiribwa byubaka umubiri biwufasha gukura no kwisana ubwawo. Bifasha imitsi kwirema, uruhu rukisana iyo rwacitse, amagufwa agakura mu ngufu no mu burebure, bikanafasha imisatsi n’inzara gukura.

Bimwe muri ibyo biribwa ni inyama z’inka n’iz’ihene, amafi, inyama z’inkoko, ibikomoka ku matungo birimo amagi, amata, foromaje, ibishyimbo, ubunyobwa, rantiye, udusimba turibwa,…

Ibiribwa birinda indwara

Ibiribwa birinda indwara birinda umubiri gufatwa n’indwara. Ibiribwa byifitemo za vitamini, bifasha ubwirinzi bw’umubiri bigatuma ugumana ubuzima bwiza. Ingero z’ibiribwa birinda indwara;  imyembe, inanasi, inyanya, puwavuro, karoti, isombe, avoka, ipapayi, intoryi, imboga rwatsi (dodo), imboga za epinari.

Abantu benshi bibazako gutegura indyo yuzuye (balanced diet) bisaba gushaka amafunguro ahenze, ariko ntabwo aribyo.Ahubwo bisabako umenya ibiribwa, umumaro wabyo  n’uko babitegura. Kugirango umuntu abeho afite ubuzima bwiza buzira umuze bisabako afata ifunguro,ariko ifunguro ryose ntabwo riba  ryujuje intungamubiri,niyo mpamvu hari indwara abantu benshi barwara ziturutse kubumenyi buke mugutegura indyo yuzuye(imirire mibi),urugero:Umubyibuho ukabije(obesity), bwaki,kugwingira n’izindi nyinshi.

“Kugirango ubuzima bumere neza bisaba ko umuntu aba yafashe ifunguro ryuzuye (balanced diet),ku babyeyi igihe bonsa cyangwa se batwite baba bakwiye gufata ifunguro rishyitse kugirango umwana akure neza afite ubuzima bwiza.

Ikindi kandi kugirango umwana azakure akunda kurya bisaba ko umubyeyi atamumenyereza cyane ibiryo biryohera urugero:Yawurute n’ibindi ahubwo aba akwiye kumuha n’ibindi bidafite uburyohe cyane kugirango abyimenyereze ntazakure akunda ibiryohera gusa.Akomeza ashishikariza uru rubyiruko ko rugomba kugenda rugasobanurira  abandi bantu bose aho baturutse cyane cyane urubyiruko, akamaro ibigize indyo yuzuye ndetse n’akamaro kayo ” Amagambo yatangajwe na  Kamanzi Private umuyobozi w’ikigo gitanga serivisi n’ubujyanama ku mirire umwe mubatanze ikiganiro muri aya mahugurwa.

Umwe mu rubyiruko rwitabiriye iyi nama witwa MUTARAMBIRWA Renauvat yatangarije INYARWANDA ko aya mahugurwa yamufashije gusobanukirwa ko imirire ari ikintu gikwiye kwitabwaho cyane cyane  imirire  y’urubyiruko kuko  iyo yitaweho ituma  umukobwa akomera  igihe asamye akaba yabsha kubyara bitagoranye ndetse bikamufasha mumibereho y’umwana azabyara.Ndetse ibi bigafasha n’urubyiruko muri rusange kumera neza kuko nirwo Rwanda twifuza”.

Venuste MUHAMYANKAKA watanze ikiganiro muri aya mahugurwa yatangarije INYARWANDA ko bizeye neza ko uru rubyiruko rwahuguwe ruzafasha bagenzi barwo gusobanukirwa ibigize indyo yuzuye. Ibi rero bikaba bizafasha abaturage bose muri rusange ku menyako kurya neza atari ukurya ngo wumve urahaze gusa ahubwo ari ugufata ifunguro rikungahaye ku ntungamubiri zose.

“Twateguye amahugurwa y’urubyiruko kugira ngo ahanini tubashe kubasobanurira ibigize imirire myiza ahasigaye nabo bagende basobanurire bagenzi babo uko imirire myiza yagakwiye kuba imeze;Ibi rero bikaba bizadufasha kurwanya ibibazo bituruka ku mirire mibi birimo kugwingira, Umubyibuho ukabije (obesity), bwaki n’izindi nyinshi.” Amagambo SIBOMANA Florence umuvugizi w’urubyiruko mu bijyanye n’imirire yatangarije INYARWANDA.


Sibomana Florence Umuvugizi w'urubyiruko mu bijyanye n'imirire 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND